Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyagaragaje uko ibiciro by’ibicuruzwa byiyongereye mu kwezi kwa kane 2026 ugereranyije n’ukwa kane umwaka ushize, aho nk’ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%.
Iyi mibare ikubiye mu cyegeranyo cyashyizwe hanze na NISR kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, igaragaza ko ibiciro ku isoko ryo mu Rwanda mu kwezi kwa kane 2026 byiyongereye ku kigero cya 13% ugereranyije n’iby’ukwezi kwa kane k’umwaka ushize wa 2025.
Ibi bipimo bya NISR kandi bigaragaza ko ibiciro by’ubwikorezi byiyongereyeho 23.7%, ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 21.3%.
Ikigo cy’Igihugu cy’ibarurishamibare, cyerekana kandi ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5.8%, mu gihe ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%, ari na byo biciro byazamutse ku kigero kinini muri ibi bipimo byagaragajwe.
IMIBARE YOSE MU NYANDIKO
Ibiciro mu mijyi
Muri Mata 2026, ibiciro mu mijyi byiyongereye 13% ugereranyije na Mata 2025. Muri Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 9,2%.
Muri Mata 2026, ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 17,1%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 21,3%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 23,7% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 18,5%.
Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 4,7%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 4,3%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 5,9% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 15,1%.
Ugereranyije Mata 2026 na Mata 2025, ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 12,5%.
Ibiciro mu byaro
Muri Mata 2026, ibiciro mu byaro byiyongereyeho 10,6% ugereranyije na Mata 2025. Ibiciro mu kwezi kwa Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 6,7%.
Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera muri Mata 2026 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 14,9%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 23,9%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 36,3% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 15,2%.
Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 6,8%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 6,1%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 15,5% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 33,3%.
Ibiciro bikomatanyirijwe hamwe (mu mijyi no mu byaro)
Muri Mata 2026, ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 11,5% ugereranyije na Mata 2025. Ibiciro mu kwezi kwa Werurwe 2026 byari byiyongereyeho 7,7%.
Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera muri Mata 2026 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 15,6%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 22,8%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 26,6% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 17,1%.
Ugereranyije Mata 2026 na Werurwe 2026, ibiciro byiyongereyeho 5,9%. Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,6%, ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 11,1% n’ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 19,2%
RADIOTV10








