• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William Ruto wa Kenya na Madamu we Rachel Ruto, bahaye ikaze Abanyacyubahiro bitabiriye inama ya Africa Forward Summit.

Umukuru w’u Rwanda ari muri Kenya aho yitabiriye inama ya Africa Forward Summit yateguwe ku bufatanye bwa Kenya n’u Bufaransa, nk’ihuza iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi ndetse n’uwa Afurika.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame yitabiriye uyu musangiro wakurikiye ibikorwa bya mbere by’iyi nama byabaye ku munsi wa mbere wayo kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yatangaje ko “muri uyu mugoroba mu Biro by’Umukuru w’Igihugu i Nairobi, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bayobozi mu musangiro wayobowe na Perezida William Ruto wa Kenya, na Madamu Rachel Ruto mu guha icyubahiro Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bitabiriye Africa Forward Summit.”

Mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye uyu musangiro, uretse Perezida Paul Kagame, na William Ruto, hari na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, ndetse n’abandi bo ku Mugabane wa Afurika.

Muri aba Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye iki gikorwa, barimo Mamady Doumbouya wa Guinea, Mahamat Idriss Déby Itno wa Chad, Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Senegal, Abdel Fattah el-Sisi wa Misiri, Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, Brice Oligui Nguema wa Gabon, na Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, n’abandi banyuranye.

Ibikorwa by’iyi nama y’ubufatanye hagati y’Umugabane wa Afurika n’u Bufaransa, birakomeza kuri uyu wa Kabiri tariki 12, aho biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame anatanga ikiganiro ari kumwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu ku nsanganyamatsiko ijyanye n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, ririmo n’iry’ubwenge bukorano AI (Artificial intelligence).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Next Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.