Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William Ruto wa Kenya na Madamu we Rachel Ruto, bahaye ikaze Abanyacyubahiro bitabiriye inama ya Africa Forward Summit.

Umukuru w’u Rwanda ari muri Kenya aho yitabiriye inama ya Africa Forward Summit yateguwe ku bufatanye bwa Kenya n’u Bufaransa, nk’ihuza iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi ndetse n’uwa Afurika.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame yitabiriye uyu musangiro wakurikiye ibikorwa bya mbere by’iyi nama byabaye ku munsi wa mbere wayo kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yatangaje ko “muri uyu mugoroba mu Biro by’Umukuru w’Igihugu i Nairobi, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bayobozi mu musangiro wayobowe na Perezida William Ruto wa Kenya, na Madamu Rachel Ruto mu guha icyubahoro Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bitabiriye Africa Forward Summit.”

Mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye uyu musangiro, uretse Perezida Paul Kagame, na William Ruto, hari na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, ndetse n’abandi bo ku Mugabane wa Afurika.

Muri aba Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bitabiriye iki gikorwa, barimo Mamady Doumbouya wa Guinea, Mahamat Idriss Déby Itno wa Chad, Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Senegal, Abdel Fattah el-Sisi wa Misiri, Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, Brice Oligui Nguema wa Gabon, na Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, n’abandi banyuranye.

Ibikorwa by’iyi nama y’ubufatanye hagati y’Umugabane wa Afurika n’u Bufaransa, birakomeza kuri uyu wa Kabiri tariki 12, aho biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame anatanga ikiganiro ari kumwe n’abandi Bakuru b’Ibihugu ku nsanganyamatsiko ijyanye n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, ririmo n’iry’ubwenge bukorano AI (Artificial intelligence).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

Related Posts

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

by radiotv10
12/05/2026
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) has posted strong Quarter one financial results, with service revenue growing 21.2% year-on-year to Rwf...

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

by radiotv10
11/05/2026
0

Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye imyitozi izwi nka ‘USHIRIKIANO IMARA’ yitabiriwe n’Ibihugu bitanu byo muri EAC, birimo...

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda, aho azahagararira Perezida Paul Kagame mu ibirori by’irahira rya Perezida...

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya
MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

12/05/2026
Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

11/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

11/05/2026
Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.