Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

radiotv10by radiotv10
12/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwemeje ko igihe ikipe yo mu mahanga mu zikina Shampiyona y’u Rwanda yasoza iri ku mwanya wa mbere, izahabwa igikombe ariko ntihabwe amafaranga, ndetse hakazatangwa n’ikindi gikombe n’igihembo cy’amafaranga ku izaba iri imbere mu zo mu Rwanda.

Ikipe ya Al-Hilal S.C. iri muri ebyiri zakinnye Shampiyona y’u Rwanda nk’izaje ari abashyitsi, ni yo iyoboye urutonde rwayo, aho ifite amanota 70, igakurikirwa na APR FC yo ifite amanota 59.

Iyi kipe yo muri Sudani kandi ni yo izasoza Shampiyona iri ku mwanya wa mbere ukurikije imikino isigaye.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, mu itangazo bwashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, bwibukije ibyari byavugiwe mu kiganiro FERWAFA na RPL bagiranye n’abanyamakuru ubwo iyi kipe na Al Merrikh SC zari zemerewe gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League buvuga ko “Ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League y’uyu mwaka izahabwa igikombe nk’ikipe yahize izindi [BK Pro League Champions 2025/2026]. Ariko aya makipe y’abashyitsi yo ntabwo azahabwa ibihembo by’amafaranga byagenewe amakipe yitwaye neza.”

Bukomeza bugira buti “Rwanda Premier League kandi izatanga ikindi gikombe ku ikipe yahize andi mu makipe yo mu Rwanda [BK Pro League National Champions] ndetse akaba ari yo izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League ya 2026/2027.

Nanone kani igihe iyo kipe yatwara n’lgikombe cy’Amahoro, iyayikurikiye ku rutonde rwa Shampiyona mu makipe yo mu Rwanda ni yo izahagararira Igihugu muri CAF Condfederation Cup nk’uko biteganywa n’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.

Ubuyobozi bw’aba bategura shampiyona y’u Rwanda, bukongera buti “RPL irashimira byimazeyo amakipe y’abashyitsi yitabiriye BK Pro League n’uruhare akomeje kugira mu kuzamura urwego rw irushanwa ndetse n’amakipe y’abanyamuryango n’abakunzi b’umupira w’amaguru bakiriye neza aba bashyitsi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 8 =

Previous Post

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

Next Post

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Related Posts

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

by radiotv10
09/05/2026
0

Amakipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu ngimbi y'abatarengeje imyaka 18 ndetse no mu batarengeje imyaka 20, yegukanye ibikombe mu...

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
08/05/2026
0

Mu mikino ya RDF Liberation Cup mu Ntara y'Amajyepfo, ikipe ya Diviziyo ya 4, yongeye kwitwara neza, itsinda ikipe ya...

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

by radiotv10
08/05/2026
0

Umukinnyi Federico Valverde wa Real Madrid yashyize hanze ubutumwa burebure asobanura amakuru amaze iminsi avugwa ku kutumvikana ndetse no gushyamirana...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit...

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

by radiotv10
06/05/2026
0

I Addis Ababa muri Ethiopia hasojwe imikino y'amatsinda y'irushanwa IHF Trophy/Zone 5 mu mukino wa Handaball, aho amakipe y'u Rwanda...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique
MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

12/05/2026
East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

12/05/2026
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

12/05/2026
Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

12/05/2026
MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

MTN Rwanda delivers strong Q1 2026 results across all platforms, underpinned by a conducive regulatory environment

12/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.