Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwemeje ko igihe ikipe yo mu mahanga mu zikina Shampiyona y’u Rwanda yasoza iri ku mwanya wa mbere, izahabwa igikombe ariko ntihabwe amafaranga, ndetse hakazatangwa n’ikindi gikombe n’igihembo cy’amafaranga ku izaba iri imbere mu zo mu Rwanda.
Ikipe ya Al-Hilal S.C. iri muri ebyiri zakinnye Shampiyona y’u Rwanda nk’izaje ari abashyitsi, ni yo iyoboye urutonde rwayo, aho ifite amanota 70, igakurikirwa na APR FC yo ifite amanota 59.
Iyi kipe yo muri Sudani kandi ni yo izasoza Shampiyona iri ku mwanya wa mbere ukurikije imikino isigaye.
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, mu itangazo bwashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, bwibukije ibyari byavugiwe mu kiganiro FERWAFA na RPL bagiranye n’abanyamakuru ubwo iyi kipe na Al Merrikh SC zari zemerewe gukina shampiyona y’u Rwanda
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League buvuga ko “Ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League y’uyu mwaka izahabwa igikombe nk’ikipe yahize izindi [BK Pro League Champions 2025/2026]. Ariko aya makipe y’abashyitsi yo ntabwo azahabwa ibihembo by’amafaranga byagenewe amakipe yitwaye neza.”
Bukomeza bugira buti “Rwanda Premier League kandi izatanga ikindi gikombe ku ikipe yahize andi mu makipe yo mu Rwanda [BK Pro League National Champions] ndetse akaba ari yo izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League ya 2026/2027.
Nanone kani igihe iyo kipe yatwara n’lgikombe cy’Amahoro, iyayikurikiye ku rutonde rwa Shampiyona mu makipe yo mu Rwanda ni yo izahagararira Igihugu muri CAF Condfederation Cup nk’uko biteganywa n’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.
Ubuyobozi bw’aba bategura shampiyona y’u Rwanda, bukongera buti “RPL irashimira byimazeyo amakipe y’abashyitsi yitabiriye BK Pro League n’uruhare akomeje kugira mu kuzamura urwego rw irushanwa ndetse n’amakipe y’abanyamuryango n’abakunzi b’umupira w’amaguru bakiriye neza aba bashyitsi.”
RADIOTV10











