Eileen Wang, umuyobozi w’umujyi wa Arcadia muri California, yeguye nyuma yo kuregwa icyaha cyo kuba Intasi y’u Bushinwa muri Leta Zunze Ubumwe za America mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Uyu munyapolitiki w’imyaka 58ufite inkomoko mu Bushinwa, yemeye icyaha cyo gukora nk’intasi y’u Bushinwa muri America.
Abashinjacyaha ba leta batangaje ku wa Mbere ko Eileen Wang, aregwa icyaha kimwe cyo gukorera muri America nk’umukozi w’ububanyi n’amahanga mu buryo butemewe n’amategeko kandi “biteganijwe ko azemera icyaha mu byumweru biri imbere.”
Ni mu gihe iki cyaha gishinwa uyu munyapolitiki gihanishwa igifungo cy’imyaka 10.
Umuyobozi wa FBI, Kash Patel yanditse kuri Twitter ati “Meya Wang yemeye ko yakoraga nk’umukozi w’ububanyi n’amahanga kuva nibura 2020 kugeza 202, guteza imbere poropaganda ya PRC muri Amerika.”
Uyu muyobozi w’urwego rw’iperereza yakomeje agira ati “FBI n’abafatanyabikorwa bacu ba Leta bakomeje gukora cyane kugira ngo barandure ubwo bwoko bw’ingaruka mu nzego za America hirya no hino mu Gihugu.”
Wang yatowe mu kwezi k’Ugushyingo 2022 mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Arcadia igizwe n’abantu batanu, aho umuyobozi w’Umujyi atoranywa buri wese agenda asimburana. Umuyobozi w’Umujyi Dominic Lazzaretto yavuze mu itangazo ryo ku wa mbere ko Wang, wabaye umuyobozi w’Umujyi muri Gashyantare, yeguye mu nama njyanama.
Lazzaretto yagize ati “Ibirego biri mu isonga mu byatumye yegura, ko Guverinoma y’amahanga yashatse kugira uruhare ku muyobozi watowe wo mu gace, biteye impungenge cyane.”
Mu itangazo ryashyikirijwe ishami ry’amakuru ry’Urukiko, umunyamategeko wa Wang, Brian Sun yavuze ko uyu munyapolitiki wo muri California “asaba imbabazi kandi ababajwe n’amakosa yakoze mu buzima bwe bwite.” Yongeraho ati “Urukundo n’ubwitange bwe ku muryango wa Arcadia ntibyigeze bihinduka kandi ntibyigeze bihungabana.”
RADIOTV10








