• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bizamuka nyuma yuko Perezida Donald Trump ateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo mu nzira y’amasezerano yo guhagarika intambara.

Ni nyuma yuko Perezida Trump atangaje ko ibyifuzo Iran yagejeje kuri America bigamije guhagarika intambara, “bidashobora kwemerwa na busa.”

Ubutegetsi bwa Iran [Tehran] bwari bwohereje ibyifuzo byabwo bunyuze kuri Pakistan, yabaye umuhuza hagati y’impande zombi, isaba ko intambara ihagarara vuba kandi ikagira icyizere ko itazongera kugabwaho ibitero na America na Israel nk’uko bivugwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya Iran cya Tasnim.

Nyuma yo kwanga iki cyifuzo, igiciro cy’ibikomoka peteroli ku isoko mpuzamahanga, cyazamutseho 4.1% kigera kuri $105.50 ku kagunguru

Umuhora wa Hormuz wafunzwe kuva nyuma gato yuko intambara itangiye ku ya 28 Gashyantare, bibangamira cyane isoko ry’ibikomoka kuri peteroli na gaze ku isi.

Asubiza ku magambo ya Tehran, Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati “Nasomye icyifuzo cy’abitwa ‘Abahagarariye Iran.’ Ariko sinagikunze, ntigishobora kwemerwa na busa.”

Ni mu gihe America yo isaba ko ingendo z’amato zo muri uriya muhora wa Hormuz zifungurwa mu buryo busesuye kandi ikazigiraho ijambo, ndetse Iran igahagarika itunganywa ry’ingufu za kirimbuzi, nk’uko ikinyamakuru Axios cyo muri America kibitangaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze kandi ko intambara na Iran itazarangira kugeza igihe ububiko bwa uranium bukungahayeho “buzaba bumaze kuvaho burundu.”

Hashyizweho agahenge ko guhagarika imirwano katangajwe mu ntangiriro za Mata kugira ngo habeho igihe cy’ibiganiro by’amahoro, nubwo hari igihe nubundi hakomeje kubaho ibitero bya hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zitabiriye imyitozo zizahuriramo n’izirimo iz’u Burundi

Next Post

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.