Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

radiotv10by radiotv10
11/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bizamuka nyuma yuko Perezida Donald Trump ateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo mu nzira y’amasezerano yo guhagarika intambara.

Ni nyuma yuko Perezida Trump atangaje ko ibyifuzo Iran yagejeje kuri America bigamije guhagarika intambara, “bidashobora kwemerwa na busa.”

Ubutegetsi bwa Iran [Tehran] bwari bwohereje ibyifuzo byabwo bunyuze kuri Pakistan, yabaye umuhuza hagati y’impande zombi, isaba ko intambara ihagarara vuba kandi ikagira icyizere ko itazongera kugabwaho ibitero na America na Israel nk’uko bivugwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya Iran cya Tasnim.

Nyuma yo kwanga iki cyifuzo, igiciro cy’ibikomoka peteroli ku isoko mpuzamahanga, cyazamutseho 4.1% kigera kuri $105.50 ku kagunguru

Umuhora wa Hormuz wafunzwe kuva nyuma gato yuko intambara itangiye ku ya 28 Gashyantare, bibangamira cyane isoko ry’ibikomoka kuri peteroli na gaze ku isi.

Asubiza ku magambo ya Tehran, Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati “Nasomye icyifuzo cy’abitwa ‘Abahagarariye Iran.’ Ariko sinagikunze, ntigishobora kwemerwa na busa.”

Ni mu gihe America yo isaba ko ingendo z’amato zo muri uriya muhora wa Hormuz zifungurwa mu buryo busesuye kandi ikazigiraho ijambo, ndetse Iran igahagarika itunganywa ry’ingufu za kirimbuzi, nk’uko ikinyamakuru Axios cyo muri America kibitangaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze kandi ko intambara na Iran itazarangira kugeza igihe ububiko bwa uranium bukungahayeho “buzaba bumaze kuvaho burundu.”

Hashyizweho agahenge ko guhagarika imirwano katangajwe mu ntangiriro za Mata kugira ngo habeho igihe cy’ibiganiro by’amahoro, nubwo hari igihe nubundi hakomeje kubaho ibitero bya hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

Related Posts

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

by radiotv10
11/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangiye kuvana ku bushake abarwanyi baryo mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo ryari rimaze igihe...

Hateganyijwe ibiganiro hagati y’amashyaka ari ku butegetsi mu Burundi no muri Uganda

Hateganyijwe ibiganiro hagati y’amashyaka ari ku butegetsi mu Burundi no muri Uganda

by radiotv10
11/05/2026
0

Révérien Ndikuriyo, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, ari i Kampala muri Uganda, ku butumire bwa mugenzi...

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba...

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

by radiotv10
08/05/2026
0

Perezida wa Botswana, Duma Boko yatangaje iki Gihugu kinjiye mu cyunamo ku bw’urupfu rwa Festus Mogae na we wabaye Umukuru...

IZIHERUKA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka
AMAHANGA

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

11/05/2026
Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

11/05/2026
Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Biravugwa ko AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu bindi bice byinshi muri Kivu y’Epfo

11/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Hari ibyazamutseho 70%: Hagaragajwe uko ibiciro byiyongereye mu Rwanda

Perezida Kagame azahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Museveni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.