Abasore babiri barimo uwo mu Karere ka Ngoma wakekwagaho kwicira umuntu akamuca umutwe, n’undi wo mu Karere ka Gatsibo washatse gutema umupolisi, barashwe na Polisi barapfa, nyuma yuko umwe agerageje gutoroka, undi agashaka gutema umupolisi.
Aba basore bombi barashwe mu bihe binyuranye n’ahantu hatandukanye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi, aho uwari watawe muri yombi akekwaho ubwicanyi yarashwe mu rukerera.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamduni yemeje iraswa ry’uyu musore w’imyaka 34 wakekwagaho kwica umusaza akamuca umutwe akajya kuwutaba mu wundi Murenge.
SSP Twizeyimana Hamduni yagize ati “Mu gitondo cy’uyu munsi (ku wa Kabiri) yagerageje gutoroka Polisi, araraswa yitaba Imana.”
Umurambo w’uyu musore wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Iitaro bya Kibungo, nyuma yuko yari akimara kurasa na polisi y’u Rwanda.
Ni mu gihe undi musore warashwe we, ari uwo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, we yari umwe mu bageragezaga kwinjiza mu Gihugu inzoga zitemewe za Zebra Gin zari mu mashashi.
Ibi byabaye ubwo abari batwaye ibi biyobyabwenge kuri moto eshatu bari bageze mu Mudugusu wa Ngarama mu Kagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore, bahagarikwa na polisi, aho kugira ngo babikurikize bagashaka kurwanya abapolisi.
SSP Twizeyimana yagize ati “Polisi yagerageje guhagarika izo moto, umwe avaho azana umuhoro ashaka gutema umupolisi, uwo mupolisi mu kwirwanaho ahita amurasa.”
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yakomeje agira ati “Ntabwo yahise apfa, yajyanywe ku Kigo Nderabuzima, ni ho yapfiriye.”
Uretse uyu musore warashwe, hahise hafatwa undi umwe mu bari batwaye izi moto na zo zahise zifatwa, mu gihe undi umwe we yahise atoroka.
Aba bantu batatu bageragezaga kwinjiza mu gihugu amapaki 900 ya biriya biyobyabwenge, agizwe n’udupfunyika turenga ibihumbi 10, na byo bafashwe.
RADIOTV10









