Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye muri Kenya, birimo gusonga (kwarika) ubugari bwa kawunga no kuburisha imboga za Sukuma Wiki zikunzwe muri Kenya.

Mu mashusho yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Emmanuel Macron yashimiye Igihugu cya Kenya n’Umukuru wacyo, William Ruto.

Ni nyuma yuko i Nairobi muri Kenya haberaga inama yiswe Africa Forward Summit y’ubufatanye bw’u Bufaransa n’Umugabane wa Afurika.

Perezida Emmanuel Macron wari umaze iminsi i Nairobi aho yari yitabiriye iyi nama, yahakoreye ibikorwa binyuranye, birimo kuba mu gitondo cyo ku wa Mbere yarabyutse akora imyitozo ngororamubiri yo kwiruka, ari kumwe na rurangiranwa ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku maguru, Umunyakenya Eliud Kipchoge.

Kuri uwo munsi kandi, Perezida Emmanuel Macron yagaragaye ari guteka hamwe n’umuhanga mu by’igikoni, Dennis Ombachi, aho uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, yasonze Kawunga.

Akoresheje ubutumwa yanditse mu Kiswahili buherekeje amashusho agaragaza incamace y’ibihe yagiriye muri Kenya, Macron yagize ati “Asante William Ruto, asante Kenya! [warakoze William Ruto, mwarakoze Kenya].”

View this post on Instagram

Perezida Macron na Eliud Kipchoge

Yishimiye gusonga kawunga
No kuyirisha imboga zizwi nka sukumawiki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + two =

Previous Post

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

Next Post

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

Related Posts

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere,...

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na...

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

Eileen Wang, umuyobozi w’umujyi wa Arcadia muri California, yeguye nyuma yo kuregwa icyaha cyo kuba Intasi y’u Bushinwa muri Leta...

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bizamuka nyuma yuko Perezida Donald Trump ateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo mu nzira y’amasezerano...

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abanyekongo b’Abanyamulenge batangiye guhunga n’amatungo yabo bava mu gace ka Ruzizi nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangiye kuva muri aka gace...

IZIHERUKA

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane
IBYAMAMARE

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

13/05/2026
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

13/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.