Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in MU RWANDA
0
Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihigu cy’Ibarurishamibare NISR, kigaragaza ko mu mwaka wa 2025 abantu bandikishijwe mu irangamimerere ko bapfuye ari ibihumbi 39 bangana na 50,5% mu gihe umwaka wa 2024 hari handitswe abangana na 46,1%.

Byatangajwe na NISR mu mibare yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2026, igaragaza ko abantu banditswe umwaka ushize wa 2025, ari 39 355.

Iki Kigo cy’Igihugu kivuga ko “handitswe kimwe cya kabiri cy’abapfuye (50.5%) bangana n’abantu 39 355, bivuye kuri 46.1% mu mwaka wa 2024, aho byazamutseho 4.4%.”

Iki Kigo kandi cyagaragaje uko imibare yagiye ihinduka kuva muri 2019, aho muri uwo mwaka hari handitswe abangana na 31,4%, mu mwaka ukurikiyeho wa 2020 baragabanuka bagera kuri 29,9%.

Mu mwaka wa 2021, imibare y’abanditswe mu irangamimerere ko bapfuye, yongeye kumanuka, igera kuri 26,2%, mu mwaka wakurikiyeho wa 2022 yongera kuzamuka igera kuri 31,1%.

Mu myaka itatu ishize bwo, imibare y’abandikwa ko bapfuye yagiye izamukaho nibura 4%, kuko mu mwaka wa 2023 handitswe abantu bangana na 41,8%, umwaka wakurikiyeho wa 2024 handikwa 46,1%, mu gihe umwaka ushize wa 2025 wo handitswe abapfuye 50,5%.

NISR ivuga ko “Mu ntego z’iterambere rirambye, SDG hateganyijwe ko nibura mu mwaka wa 2030 abitabye Imana bazaba bandikishwa ku kigero cya 80%.”

Kwandikisha abapfuye mu irangamimerere, bisabwa n’inzego za Leta, kuko bifasha mu igenamigambi, kuko bituma Igihugu kimenya imibare ya nyayo y’abaturage bateganyirizwa muri bikorwa bya buri ngengo y’imari ya Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Related Posts

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa avuga ko Igihugu cye kitari kugendera ku byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America byo...

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Mamadi Doumbouya wa Guinea, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo muri Afurika (Africa CEO Forum),...

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

by radiotv10
13/05/2026
0

Rwanda has revealed how it plans to spend more than Rwf7.7 trillion in the 2026/2027 budget, with billions expected to...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

by radiotv10
13/05/2026
0

Abasore babiri barimo uwo mu Karere ka Ngoma wakekwagaho kwicira umuntu akamuca umutwe, n’undi wo mu Karere ka Gatsibo washatse...

The Culture of Being Together… But Not Really

The Culture of Being Together… But Not Really

by radiotv10
13/05/2026
0

You see it everywhere now. Two friends meet up after weeks of saying “we need to catch up soon,” only...

IZIHERUKA

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%
MU RWANDA

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

13/05/2026
Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.