Ikigo cy’Igihigu cy’Ibarurishamibare NISR, kigaragaza ko mu mwaka wa 2025 abantu bandikishijwe mu irangamimerere ko bapfuye ari ibihumbi 39 bangana na 50,5% mu gihe umwaka wa 2024 hari handitswe abangana na 46,1%.
Byatangajwe na NISR mu mibare yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2026, igaragaza ko abantu banditswe umwaka ushize wa 2025, ari 39 355.
Iki Kigo cy’Igihugu kivuga ko “handitswe kimwe cya kabiri cy’abapfuye (50.5%) bangana n’abantu 39 355, bivuye kuri 46.1% mu mwaka wa 2024, aho byazamutseho 4.4%.”
Iki Kigo kandi cyagaragaje uko imibare yagiye ihinduka kuva muri 2019, aho muri uwo mwaka hari handitswe abangana na 31,4%, mu mwaka ukurikiyeho wa 2020 baragabanuka bagera kuri 29,9%.
Mu mwaka wa 2021, imibare y’abanditswe mu irangamimerere ko bapfuye, yongeye kumanuka, igera kuri 26,2%, mu mwaka wakurikiyeho wa 2022 yongera kuzamuka igera kuri 31,1%.
Mu myaka itatu ishize bwo, imibare y’abandikwa ko bapfuye yagiye izamukaho nibura 4%, kuko mu mwaka wa 2023 handitswe abantu bangana na 41,8%, umwaka wakurikiyeho wa 2024 handikwa 46,1%, mu gihe umwaka ushize wa 2025 wo handitswe abapfuye 50,5%.
NISR ivuga ko “Mu ntego z’iterambere rirambye, SDG hateganyijwe ko nibura mu mwaka wa 2030 abitabye Imana bazaba bandikishwa ku kigero cya 80%.”
Kwandikisha abapfuye mu irangamimerere, bisabwa n’inzego za Leta, kuko bifasha mu igenamigambi, kuko bituma Igihugu kimenya imibare ya nyayo y’abaturage bateganyirizwa muri bikorwa bya buri ngengo y’imari ya Leta.

RADIOTV10







