Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, aragirira uruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa ku butumire bwa mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, byitezwemo ko gutanga ubusabe bugamije guhagarika intambara hagati y’Igihugu cye na Iran.
Uruzinduko Perezida wa Amerika, Donald Trump atangirira mu Bushinwa kuva kuri uyu wa Gatatu kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026 rwitezweho kuzamura umubano hagati y’u Bushinwa na Amerika no kwagura ubufatanye mu bukungu hagati y’ibi bihugu bibiri bikomeye ku isi.
Biteganyijwe kandi ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, azagirana ibiganiro na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ku ntambara iri muri Iran, mu nama izabahuza kuva ku wa Kane tariki ya 14 kugeza ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026.
Byitezwe ko muri ibyo biganiro bazagirana, Trump azasaba u Bushinwa gukoresha ubushobozi bwabwo kugira ngo bwumvishe Tehran kugirana amasezerano na Washington agamije kurangiza iyi ntambara.
Ibyo Amerika isaba kugira ngo ayo masezerano agerweho birimo guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za kirimbuzi no guhagarika ibikorwa bya Tehran byo kugenzura urujya n’uruza mu muhora wa Hormuz.
Icyakora, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mbere yo kwerekeza mu Bushinwa, Perezida Trump yavuze ko adatekereza ko azakenera ubufasha bw’u Bushinwa kugira ngo intambara na Iran irangire, nubwo icyizere cyo kugera ku masezerano arambye yo kurangiza intambara gikomeje kugabanuka.
Trump yavuze ko atabona impamvu yo gusaba Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, kumufasha gukemura aya makimbirane, mu gihe Iran yakomeje guhagarika ubwikorezi bwo mu nyanja bunyuzwamo kimwe cya gatanu cya peteroli ikoreshwa ku isi.
Trump yagize ati: “Ntabwo ntekereza ko dukeneye ubufasha ubwo ari bwo bwose ku kibazo cya Iran. Tuzatsinda uko byagenda kose, mu mahoro cyangwa mu bundi buryo.”
Nyuma y’ukwezi kurenga agahenge gatangiye kubahirizwa, impande zombi ntiziragera ku ntambwe ifatika mu masezerano yo guhagarika imirwano burundu, kuko Iran nayo yatsimbaraye ku byo Amerika igomba kubahiriza, birimo indishyi z’ibyangijwe n’intambara, gufungura inzira zigana ku byambu byayo byafunzwe na Amerika, ndetse no guhagarika intambara ku mpande zose, harimo no muri Lebanon, aho Israel ishyigikiwe na Amerika iri kurwana n’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran.
Gusa ibyo byifuzo bya Iran, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yabiteye utwatsi, avuga ko ibyo Iran yifuza bidashoboka na gato.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10










