Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, aragirira uruzinduko mu gihugu cy’u Bushinwa ku butumire bwa mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, byitezwemo ko gutanga ubusabe bugamije guhagarika intambara hagati y’Igihugu cye na Iran.

Uruzinduko Perezida wa Amerika, Donald Trump atangirira mu Bushinwa kuva kuri uyu wa Gatatu kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026 rwitezweho kuzamura umubano hagati y’u Bushinwa na Amerika no kwagura ubufatanye mu bukungu hagati y’ibi bihugu bibiri bikomeye ku isi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, azagirana ibiganiro na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ku ntambara iri muri Iran, mu nama izabahuza kuva ku wa Kane tariki ya 14 kugeza ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026.

Byitezwe ko muri ibyo biganiro bazagirana, Trump azasaba u Bushinwa gukoresha ubushobozi bwabwo kugira ngo bwumvishe Tehran kugirana amasezerano na Washington agamije kurangiza iyi ntambara.

Ibyo Amerika isaba kugira ngo ayo masezerano agerweho birimo guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za kirimbuzi no guhagarika ibikorwa bya Tehran byo kugenzura urujya n’uruza mu muhora wa Hormuz.

Icyakora, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mbere yo kwerekeza mu Bushinwa, Perezida Trump yavuze ko adatekereza ko azakenera ubufasha bw’u Bushinwa kugira ngo intambara na Iran irangire, nubwo icyizere cyo kugera ku masezerano arambye yo kurangiza intambara gikomeje kugabanuka.

Trump yavuze ko atabona impamvu yo gusaba Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, kumufasha gukemura aya makimbirane, mu gihe Iran yakomeje guhagarika ubwikorezi bwo mu nyanja bunyuzwamo kimwe cya gatanu cya peteroli ikoreshwa ku isi.

Trump yagize ati: “Ntabwo ntekereza ko dukeneye ubufasha ubwo ari bwo bwose ku kibazo cya Iran. Tuzatsinda uko byagenda kose, mu mahoro cyangwa mu bundi buryo.”

Nyuma y’ukwezi kurenga agahenge gatangiye kubahirizwa, impande zombi ntiziragera ku ntambwe ifatika mu masezerano yo guhagarika imirwano burundu, kuko Iran nayo yatsimbaraye ku byo Amerika igomba kubahiriza, birimo indishyi z’ibyangijwe n’intambara, gufungura inzira zigana ku byambu byayo byafunzwe na Amerika, ndetse no guhagarika intambara ku mpande zose, harimo no muri Lebanon, aho Israel ishyigikiwe na Amerika iri kurwana n’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran.

Gusa ibyo byifuzo bya Iran, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yabiteye utwatsi, avuga ko ibyo Iran yifuza bidashoboka na gato.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 16 =

Previous Post

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

Next Post

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Related Posts

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje ibyishimo yatewe n’ibihe byiza yagiriye muri Kenya, birimo gusonga (kwarika) ubugari bwa kawunga no...

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere,...

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuryango Human Rights Foundation (HRF) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, watangaje ko uhangayikishijwe n’ibiherutse gutangazwa na...

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

Eileen Wang, umuyobozi w’umujyi wa Arcadia muri California, yeguye nyuma yo kuregwa icyaha cyo kuba Intasi y’u Bushinwa muri Leta...

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

Trump acyanga ubusabe bwa Iran ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bizamuka

by radiotv10
11/05/2026
0

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bizamuka nyuma yuko Perezida Donald Trump ateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo mu nzira y’amasezerano...

IZIHERUKA

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%
MU RWANDA

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

by radiotv10
13/05/2026
0

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

Umuhanzi Eddy Kenzo yashyize hanze ukuri ku ifoto ye n’umugore we yavuzweho cyane

13/05/2026
Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

Here are the major projects set to receive Rwf 7.7 trillion in Rwanda’s 2026/27 budget

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Amashusho: Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubare w’abandikishwa ko bapfuye mu Rwanda wazamutseho 4%

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.