Ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bwatangije ku mugaragaro imyitozo izwi nka USHIRIKIANO IMARA, yitabiriwe n’Ingabo z’u Rwanda, iz’u Burundi, iza Uganda, Tanzania na Somalia; yitezweho ubumenyi gutanga bunyuranye burimo ubwo guhangana n’iterabwoba n’ubushimusi bw’amato.
Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro iyi myitozo, cyayobowe n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Andrea Aguer Ariik Malueth, afatanyije n’Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Kenya, Lt Gen John Mugaravai Omenda.
Muri iki gikorwa cyabereye mu cyanya cy’imikino Ulinzi, Langata i Nairobi muri Kenya kandi hari n’abandi bayobozi bakuru barimo Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Ernest Rwamucyo
Mu ijambo yatangiye mu gutangiza iyi myitozo ibaye ku nshuro ya 14, Lt Gen John Mugaravai Omenda yavuze ko iyi myitozo izafasha kongera ubushobozi bw’akarere mu guhangana n’ibibazo by’umutekano bibangamiye akarere ndetse n’umugabane wa Afurika muri rusange, birimo iterabwoba, ubushimusi bw’amato ndetse n’ubundi bugizi bwa nabi mu nyanja, no guhangana n’ibiza.
Iyi myitozo yatangiye kuva ku wa 6 izageza ku wa 28 Gicurasi 2026, yahuje abitabiriye 342 baturutse mu Rwanda, Kenya, u Burundi, Uganda na Tanzania, mu gihe Somalia yitabiriye nk’indorerezi.

RADIOTV10








