Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko budashobora gukomeza kubahiriza amasezerano bwagiranye na Leta ya DRC nyamara yo ikomeje kuyarengaho igaba ibitero bikomeje guhitana inzirakarengane, bityo ko na ryo rigomba gufata inshingano rikagira icyo rikora.
Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026, uruhande rurwanira Leta ya Kinshasa rugabye ibitero bikomeye mu bice binyuranye byo muri Minembwe.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ubwo yagaragazaga iby’ib bitero, yavuze ko byatangiye kugabwa saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, aho “ingabo z’itsinda ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero byinshi mu duce dutuwe cyane twa Kalingi, Gakenke, Bidegu, na Rugezi muri Minembwe, zikoresheje ingabo zo ku butaka, imbunda nini, indege za kamikaze na KT-6, hamwe n’indege z’intambara za Sukhoi-25.”
Ubwo uyu muvugizi yatangazaga ibi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, yavuze ko kugeza ayo masaha indege za CH-4 zariho zizenguruka mu kirere cyo mu bice binyuranye byo muri Masisi, Rutshuru, na Kalehe, byagaragazaga ko hari igitero cyariho gitegurwa.
Lawrence Kanyuka yavuze ko iri Huriro ridashobora gukomeza kureba abaturage bagirirwa nabi aka kageni. Ati “Ibi bitero byibasira abaturage bacu ntibishobora kwirengagizwa.”
Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, na we yavuze ko iri huriro ridashobora kwihanganira kurenga ku masezerano bikomeje gukorwa n’uruhande bahanganye.
Yagize ati “AFC/M23 ntabwo ari yo yonyine igomba kubahiriza amasezerano niba uruhande duhanganye rudashobora gukora nk’uko.”
Bisimwa yakomeje avuga ko “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje guhabwa rugari” bugakora amarorerwa ariko abahuza ntibagire icyo babuvugaho, kandi ko iri huriro ridashobora kwihanganira ubwo busumbane. Ati “AFC izafata inshingano.”
RADIOTV10










