Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo muri Afurika (Africa CDC) cyemeje ko icyorezo cya Ebola cyubuye umutwe mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Byemejwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki Kigo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Gicurasi, aho cyavuze ko kiri gukurikirana iby’iki cyore kandi ko kirimo gutegura inama yihutirwa iba uyu munsi igamije guhuza ibikorwa byihutirwa muri DRC, Uganda, no muri Sudani y’Epfo, ndetse n’abafatanyabikorwa bacyo mpuzamahanga.
Iyi nama igamije gushimangira ibikorwa byo kugenzura, kwitegura no guhangana n’iki cyorezo cya Ebola ku mipaka mu rwego rwo gukumira ko cyakwira mu karere.
Nyuma yo kugira inama na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima rusange muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iki kigo cyatangaje ko ibizamini bya Laboratwari byakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) i Kinshasa, iki kigo cyatangaje ko ibisubizo byagaragaje virusi ya Ebola ku bantu 13 muri 20 bapimwe.
Iki kigo kandi gitangaza ko abantu bagera kuri 246 bakekwaho kuba banduye mu gihe abapfuye bagera kuri 65, cyane cyane mu Turere twa Mongwalu na Rwampara. Hari abapfuye bane muri bariya bari basuzumwe bakanemezwa na laboratwari. Hari n’abakekwaho kuba barwaye bavuzwe i Bunia, mu gihe hategerejwe kwemezwa.
Iri tangazo ryabanjirijwe n’urukurikirane rw’abatanze umuburo barimo Dr. Timothée Kossianza Bakamano, umwarimu, umushakashatsi, akaba n’uhagarariye Hospice Africa DRC. Yari yatanze umuburo wihutirwa ku buzima ku bijyanye n’ikibazo giteye ubwoba cyagaragaye mu gace ka Djugu, cyane cyane mu gace k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku muryango wa Banyali Kilo muri Komini ya Mongwalu.
RADIOV10










