Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

radiotv10by radiotv10
15/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo muri Afurika (Africa CDC) cyemeje ko icyorezo cya Ebola cyubuye umutwe mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byemejwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki Kigo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Gicurasi, aho cyavuze ko kiri gukurikirana iby’iki cyore kandi ko kirimo gutegura inama yihutirwa iba uyu munsi igamije guhuza ibikorwa byihutirwa muri DRC, Uganda, no muri Sudani y’Epfo, ndetse n’abafatanyabikorwa bacyo mpuzamahanga.

Iyi nama igamije gushimangira ibikorwa byo kugenzura, kwitegura no guhangana n’iki cyorezo cya Ebola ku mipaka mu rwego rwo gukumira ko cyakwira mu karere.

Nyuma yo kugira inama na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima rusange muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iki kigo cyatangaje ko ibizamini bya Laboratwari byakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) i Kinshasa, iki kigo cyatangaje ko ibisubizo byagaragaje virusi ya Ebola ku bantu 13 muri 20 bapimwe.

Iki kigo kandi gitangaza ko abantu bagera kuri 246 bakekwaho kuba banduye mu gihe abapfuye bagera kuri 65, cyane cyane mu Turere twa Mongwalu na Rwampara. Hari abapfuye bane muri bariya bari basuzumwe bakanemezwa na laboratwari. Hari n’abakekwaho kuba barwaye bavuzwe i Bunia, mu gihe hategerejwe kwemezwa.

Iri tangazo ryabanjirijwe n’urukurikirane rw’abatanze umuburo barimo Dr. Timothée Kossianza Bakamano, umwarimu, umushakashatsi, akaba n’uhagarariye Hospice Africa DRC. Yari yatanze umuburo wihutirwa ku buzima ku bijyanye n’ikibazo giteye ubwoba cyagaragaye mu gace ka Djugu, cyane cyane mu gace k’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ku muryango wa Banyali Kilo muri Komini ya Mongwalu.

RADIOV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + thirteen =

Previous Post

AFC/M23 yeruriye amahanga ko idashobora gukomeza kubahiriza amasezerano ireba uruhande bahanganye rutabikozwa

Next Post

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yeruriye amahanga ko idashobora gukomeza kubahiriza amasezerano ireba uruhande bahanganye rutabikozwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko budashobora gukomeza kubahiriza amasezerano bwagiranye na Leta ya DRC nyamara yo ikomeje kuyarengaho igaba ibitero...

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

by radiotv10
14/05/2026
0

Wes Streeting yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Bwongereza, avuga ko atagifitiye icyizere imiyoborere ya Minisitiri w’Intebe...

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

by radiotv10
14/05/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byatangaje ko Benjamin Netanyahu yagiriye uruzinduko rw'ibanga muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, mu gihe...

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

by radiotv10
13/05/2026
0

Igitabo gishya kiravuga ko ubwo Brigitte Macron yakubitaga urushyi umugabo we Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yari amaze kubona ubutumwa...

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

Ibyo wamenya ku gitero cyarasiwemo Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi cyabaye mu myaka 45 ishize

by radiotv10
13/05/2026
0

Tariki nk’iyi ya 13 Gicurasi mu 1981 Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II wari Umushumba wa Kiliziya Gatulika, yarasiwe mu ruhame...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko
MU RWANDA

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

15/05/2026
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

15/05/2026
Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

15/05/2026
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yeruriye amahanga ko idashobora gukomeza kubahiriza amasezerano ireba uruhande bahanganye rutabikozwa

15/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.