• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

radiotv10by radiotv10
15/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi wa FC Barcelona, Robert Lewandowski, yamaze guca amarenga ko atazakomezanya na FC Barcelona, kuko amasezerano ye azarangira mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu rutahizamu w’imyaka 37 amaze imyaka ine akinira Barcelona , kandi nubwo yahawe isezerano ryo kongererwa undi mwaka umwe ariko akaba abona Barcelona idashaka kubahiriza isezerano hari yaramuhaye .

Umunyamakuru w’ibijyanye n’isoko ry’abakinnyi Matteo Moretto yemeje ko Lewandowski ari busohoke muri Barcelona, ibintu byanemejwe na mugenzi we w’Umunya-Polonye Tomasz Włodarczyk, wavuze ko ari “hafi cyane” gutangaza ko agiye kuyivamo.

Umukino wa nyuma Barcelona izakirira mu rugo uzaba ku Cyumweru aho izahura na Real Betis, bikaba byaba biteganyijwe ko uyu mukinnyi Robert Lewandowski azasezera abafana ba Barcelona.

Amakuru ava iwabo muri Poland avuga ko Lewandowski yamaze kwemera kujya mu ikipe yo muri Arabia Sawudite ya Al-Hilal, aho n’ibijyanye n’umushahara ngo byarangiye kuganirwaho, aho azajya ahabwa arenga miliyoni 30 z’ama-euro ku mwaka mu gihe cy’imyaka itatu.

Indi kipe imwifuza ni Chicago Fire yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, nubwo yo iteganya kumuha hafi kimwe cya kabiri cy’uwo mushahara. Andi makipe nka AC Milan na Juventus gusa abari hafi ye bavuga ko yumva atagishaka gukina i Burayi.

Robert Lewandowski nyuma y’imyaka ine amaze muri FC Barcelona yatwaye ibikombe bitatu bya La Liga ndetse na bibiri bya Super cup.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

Next Post

Ibyitezwe mu myitozo ihuriramo ingabo zirimo iz’u Rwanda, u Burundi na Uganda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibyitezwe mu myitozo ihuriramo ingabo zirimo iz’u Rwanda, u Burundi na Uganda

Ibyitezwe mu myitozo ihuriramo ingabo zirimo iz’u Rwanda, u Burundi na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.