Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

radiotv10by radiotv10
15/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyabigwi wa FC Barcelona, Robert Lewandowski, yamaze guca amarenga ko atazakomezanya na FC Barcelona, kuko amasezerano ye azarangira mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu rutahizamu w’imyaka 37 amaze imyaka ine akinira Barcelona , kandi nubwo yahawe isezerano ryo kongererwa undi mwaka umwe ariko akaba abona Barcelona idashaka kubahiriza isezerano hari yaramuhaye .

Umunyamakuru w’ibijyanye n’isoko ry’abakinnyi Matteo Moretto yemeje ko Lewandowski ari busohoke muri Barcelona, ibintu byanemejwe na mugenzi we w’Umunya-Polonye Tomasz Włodarczyk, wavuze ko ari “hafi cyane” gutangaza ko agiye kuyivamo.

Umukino wa nyuma Barcelona izakirira mu rugo uzaba ku Cyumweru aho izahura na Real Betis, bikaba byaba biteganyijwe ko uyu mukinnyi Robert Lewandowski azasezera abafana ba Barcelona.

Amakuru ava iwabo muri Poland avuga ko Lewandowski yamaze kwemera kujya mu ikipe yo muri Arabia Sawudite ya Al-Hilal, aho n’ibijyanye n’umushahara ngo byarangiye kuganirwaho, aho azajya ahabwa arenga miliyoni 30 z’ama-euro ku mwaka mu gihe cy’imyaka itatu.

Indi kipe imwifuza ni Chicago Fire yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, nubwo yo iteganya kumuha hafi kimwe cya kabiri cy’uwo mushahara. Andi makipe nka AC Milan na Juventus gusa abari hafi ye bavuga ko yumva atagishaka gukina i Burayi.

Robert Lewandowski nyuma y’imyaka ine amaze muri FC Barcelona yatwaye ibikombe bitatu bya La Liga ndetse na bibiri bya Super cup.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

by radiotv10
12/05/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwemeje ko igihe ikipe yo mu mahanga mu zikina Shampiyona y’u Rwanda yasoza iri ku...

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

by radiotv10
09/05/2026
0

Amakipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu ngimbi y'abatarengeje imyaka 18 ndetse no mu batarengeje imyaka 20, yegukanye ibikombe mu...

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
08/05/2026
0

Mu mikino ya RDF Liberation Cup mu Ntara y'Amajyepfo, ikipe ya Diviziyo ya 4, yongeye kwitwara neza, itsinda ikipe ya...

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

by radiotv10
08/05/2026
0

Umukinnyi Federico Valverde wa Real Madrid yashyize hanze ubutumwa burebure asobanura amakuru amaze iminsi avugwa ku kutumvikana ndetse no gushyamirana...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit...

IZIHERUKA

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona
FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

by radiotv10
15/05/2026
0

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

15/05/2026
Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

Hagiye hanze amakuru y’umucyo ku mpanuka byavugwaga ko yahitanye umuhanzi w’ikirangirire mu karere

15/05/2026
Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

15/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

Sosiyete mpuzamahanga yaguze Hoteli ebyiri zikomeye mu Rwanda zirimo Cleo Lake Kivu Hotel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.