• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in MU RWANDA
0
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n’umuryango wahishije inzu yari irimo abana batatu bagashya umwe akahasiga ubuzima, bavuga ko ishobora kuba yatewe n’umugizi wa nabi kubera uburyo iyi nkongi yabayeho buteye urujijo.

Iyi nkongi yabaye mu Mudugudu wa Nyarurembo mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Tumba, yafashe icyumba kimwe cyarimo abana batatu, ubwo umubyeyi wabo yari agiye guhaha.

Nyiri urugo rwahiye witwa Mukamazimpaka Marie Louise avuga ko iyi nkongi yadutse mu buryo butunguranye mu masaha y’ijoro, asanga inzu yose yafashwe n’umuriro. Avuga ko uwo muriro wahitanye umwe mu bana be, mu gihe abandi babiri bahise bajyanwa kwa muganga bafite ibikomere bitandukanye.

Yagize ati: “Nari ngiye guhaha, nje nsanga inzu yafashwe n’inkongi, harimo abana batatu. Ndakingura nsanga bameze nabi, ndebye nsanga umwe yapfuye, abandi na bo bari bameze nabi, tubajyana kwa muganga. Jye nkeka ko ari umuntu waba yayitwitse kuko nasanze ikirahure cyamenetse, nkakeka ko ari cyo banyujijemo umuriro.”

Bamwe mu baturage batuye muri aka gace bavuga ko bakeka ko iyi nkongi yaba yaratewe n’umugizi wa nabi, bavuga ko bishoboka ko hari uwanyujije umuriro mu idirishya ry’iyo nzu akayitwika.

Ndayambaje Eric yagize ati: “Nkurikije uburyo nabibonye, jye mbona atari amashanyarazi kuko ntabwo byumvikana ukuntu hashya icyumba kimwe gusa, ndetse n’idirishya rikameneka, inzu yose ntishye. Ni yo mpamvu dukeka ko hari uwaba wayitwitse.”

Undi muturage, Mukansanga Vestine, yavuze ko na we akeka ko hari umuntu wabigizemo uruhare.

Ati: “Turakeka ko haba hari uwayitwitse kuko nta kuntu umuriro w’amashanyarazi wafata icyumba kimwe ntufate n’igisenge.”

Habimana Jean de Dieu na we yagize ati: “Twageze aho inzu iri gushya, ariko uburyo byari bimeze byatumye benshi bakeka ubugizi bwa nabi. Turasaba ko hakorwa iperereza rikomeye.”

Nkundabagenzi Emmanuel yavuze ko abaturage batunguwe n’uburyo inkongi yagenze.

Ati: “Twabonye ibintu bitangaje kuko hari ibice byahiye cyane, ibindi ugasanga nta cyo byabayeho. Ni yo mpamvu hari abari kuvuga iby’amarozi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yavuze ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko iyi nkongi ishobora kuba yaratewe n’umuriro w’amashanyarazi.

Yagize ati: “Inkongi ikiba, Polisi yo mu Karere ka Huye yahise yihutira gutabara iza kuzimya iyo nkongi, inakuramo abo bana batatu. Iperereza ry’ibanze rirerekana ko iyi nkongi ishobora kuba yaratewe n’ikibazo cy’amashanyarazi. Inzu yari irimo abana batatu bakurwamo ku bufatanye na Polisi n’abaturage, bajyanwa kwa muganga, gusa umwana umwe yitabye Imana.”

Uyu mubyeyi wasizwe n’iyi mpanuka arasaba ubufasha bw’abagiraneza n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo abana be bakiri kwa muganga babashe kuvurwa, ndetse anabashe kubona ibikoresho by’ibanze kuko ibyo yari atunze byose byahiye.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba bwo bwatangaje ko gufasha abaturage bagize ibyago biri mu nshingano zabwo, bukavuga ko uyu muryango ugiye gufashwa muri ibi bihe bikomeye.

Abaturage bababaye cyane

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Next Post

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.