Saturday, May 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in MU RWANDA
0
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n’umuryango wahishije inzu yari irimo abana batatu bagashya umwe akahasiga ubuzima, bavuga ko ishobora kuba yatewe n’umugizi wa nabi kubera uburyo iyi nkongi yabayeho buteye urujijo.

Iyi nkongi yabaye mu Mudugudu wa Nyarurembo mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Tumba, yafashe icyumba kimwe cyarimo abana batatu, ubwo umubyeyi wabo yari agiye guhaha.

Nyiri urugo rwahiye witwa Mukamazimpaka Marie Louise avuga ko iyi nkongi yadutse mu buryo butunguranye mu masaha y’ijoro, asanga inzu yose yafashwe n’umuriro. Avuga ko uwo muriro wahitanye umwe mu bana be, mu gihe abandi babiri bahise bajyanwa kwa muganga bafite ibikomere bitandukanye.

Yagize ati: “Nari ngiye guhaha, nje nsanga inzu yafashwe n’inkongi, harimo abana batatu. Ndakingura nsanga bameze nabi, ndebye nsanga umwe yapfuye, abandi na bo bari bameze nabi, tubajyana kwa muganga. Jye nkeka ko ari umuntu waba yayitwitse kuko nasanze ikirahure cyamenetse, nkakeka ko ari cyo banyujijemo umuriro.”

Bamwe mu baturage batuye muri aka gace bavuga ko bakeka ko iyi nkongi yaba yaratewe n’umugizi wa nabi, bavuga ko bishoboka ko hari uwanyujije umuriro mu idirishya ry’iyo nzu akayitwika.

Ndayambaje Eric yagize ati: “Nkurikije uburyo nabibonye, jye mbona atari amashanyarazi kuko ntabwo byumvikana ukuntu hashya icyumba kimwe gusa, ndetse n’idirishya rikameneka, inzu yose ntishye. Ni yo mpamvu dukeka ko hari uwaba wayitwitse.”

Undi muturage, Mukansanga Vestine, yavuze ko na we akeka ko hari umuntu wabigizemo uruhare.

Ati: “Turakeka ko haba hari uwayitwitse kuko nta kuntu umuriro w’amashanyarazi wafata icyumba kimwe ntufate n’igisenge.”

Habimana Jean de Dieu na we yagize ati: “Twageze aho inzu iri gushya, ariko uburyo byari bimeze byatumye benshi bakeka ubugizi bwa nabi. Turasaba ko hakorwa iperereza rikomeye.”

Nkundabagenzi Emmanuel yavuze ko abaturage batunguwe n’uburyo inkongi yagenze.

Ati: “Twabonye ibintu bitangaje kuko hari ibice byahiye cyane, ibindi ugasanga nta cyo byabayeho. Ni yo mpamvu hari abari kuvuga iby’amarozi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamazi, yavuze ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko iyi nkongi ishobora kuba yaratewe n’umuriro w’amashanyarazi.

Yagize ati: “Inkongi ikiba, Polisi yo mu Karere ka Huye yahise yihutira gutabara iza kuzimya iyo nkongi, inakuramo abo bana batatu. Iperereza ry’ibanze rirerekana ko iyi nkongi ishobora kuba yaratewe n’ikibazo cy’amashanyarazi. Inzu yari irimo abana batatu bakurwamo ku bufatanye na Polisi n’abaturage, bajyanwa kwa muganga, gusa umwana umwe yitabye Imana.”

Uyu mubyeyi wasizwe n’iyi mpanuka arasaba ubufasha bw’abagiraneza n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo abana be bakiri kwa muganga babashe kuvurwa, ndetse anabashe kubona ibikoresho by’ibanze kuko ibyo yari atunze byose byahiye.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba bwo bwatangaje ko gufasha abaturage bagize ibyago biri mu nshingano zabwo, bukavuga ko uyu muryango ugiye gufashwa muri ibi bihe bikomeye.

Abaturage bababaye cyane

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

Related Posts

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

by radiotv10
15/05/2026
0

Weekends are often the only time many families get to slow down, sit together, and truly enjoy a meal without...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yinjiye mu mikoranire n’iyo mu Rwanda ya Cleo...

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

by radiotv10
15/05/2026
0

I Kigali mu Rwanda hategerejwe inama mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikeleyeri izaba mu cyumweru gitaha, izanitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu babiri;...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, uherutse gufatirwa ibihano bitarimo igifungo ariko Ubushinjacyaha bukakijuririra, bwamusabiye gufungwa imyaka...

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

by radiotv10
15/05/2026
0

Mu rubanza ruregwamo abaganga batatu b’Ibitaro bya Nyanza, baregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake kubera umubyeyi wari ku nda bakekwaho...

IZIHERUKA

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu
MU RWANDA

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

15/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

15/05/2026
AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

15/05/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Delicious Family Meals You Can Cook This Weekend

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.