Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko we na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, bemeranyije ko Iran itagomba gutunga intwaro za kirimbuzi kandi ko umuhora wa Hormuz, w’ingenzi mu bucuruzi bwa peteroli ku isi, ugomba gufungurwa.
Ibyo Perezida Trump yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026, ubwo yari asoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Bushinwa.
Trump yavuze ko iyi nama yagenze neza cyane kandi igatanga umusaruro, mu gihe Perezida Xi na we yavuze ko uru ruzinduko ari urw’amateka kandi rufite igisobanuro gikomeye.
Muri iki kiganiro n’abanyamakuru, Trump yavuze kandi ko Xi yemera ko Iran itagomba gutunga intwaro za kirimbuzi ndetse ko yifuza ko umuhora wa Hormuz wongera gufungurwa.
Trump yagize ati: “Xi yavuze ko Iran idakwiye kugira intwaro za kirimbuzi. Yabivuze ashimangira cyane ko ashaka kandi ko bafungura inzira ya Hormuz. Ariko yavuze aseka ati: ‘Barayifunze, namwe murabafunga.’ Kandi ni ukuri, ubu ni twe turi kugenzura uwo muhora.”
Ku kibazo cya Taiwan, Trump yavuze ko Perezida Xi Jinping yamubwiye ko u Bushinwa budashobora kwemera ubwigenge bwa Taiwan kuko byateza amakimbirane akomeye hagati y’impande zombi.
Trump yavuze ko yateze amatwi Xi, ariko ntiyatangaza niba hari impinduka Amerika igiye gukora ku bufasha bwa gisirikare iha Taiwan.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ndetse anamutumira kuzamusura muri White House muri Nzeri uyu mwaka wa 2026.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10











