• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa ko bajya kuvoma mu wundi murenge cyangwa bakavoma amabi nyuma y’uko hashize imyaka itatu ivomo bari bahawe rifunzwe, naho ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura Wasac kikavuga ko badashobotse.

Bavuga ko ivomo riri mu mudugudu wa Runyinya ryakoreshwaga n’abaturage b’imidugudu ibiri rikabafasha kubona amazi meza hafi, ngo ryaje kwibwaho icyuma kimwe biba intandaro yo gufungwa kwaryo.

Nyirabanguka Dancila ati “Abajura baraje biba icyuma cyapfundikiraga hano hejuru nyuma abana bakajya bakinisha konteri irapfa, bakajya babivuga mu nama ntibabihe agaciro. Igihe cyarageze, amazi akajya ahora ameneka”.

Kubwimana Ananias nawe avuga ko amazi akomeje kujya ameneka akangiza umuhanda, byatumye abayashinzwe baza kuyafunga abaturage batangira kuyabura batyo.

Ati “Ku kagari no ku murenge bose bari babizi. Ubwo rero ni bwo nyuma baje bashyiramo iki cyuma ubona cyayafunze”.

Bavuga ko byahise bituma abaturage badafite amazi mu ngo bayahendwa n’abayafite aho injerekani yaguraga 20 Frw yahise ijya kuri 50Frw, abandi bikabasaba kujya kuvoma mu wundi murenge ibitari ibyo hakagira abavoma amazi mabi.

Niyonagize Delice ati “ Ariko aho amazi bayafungiye ntabwo tukibona amazi meza, tuyoboka ibishanga tukavoma amazi mabi”.

Kubwimana Ananias nawe ati “None ubu abenshi bajya mu gishanga, abandi bakajya muri Ruharambuga kuvoma yo ayo kunywa ku badafite amafaranga 50Frw yo kuyagura ku bayafite mu ngu”.

Umuyobozi wa Wasac ishami rya Nyamasheke Basemba Jean Bosco yumvikanisha ko ikibazo cyaba kiri kubaturage ngo bahabwa ivomo bakarita rikamara igihe, ariko nanone ku rundi ruhande akavuga ko wasac yahise yongera gufungura iri vomo.

Ati “Abo baturage b’aho ngaho ntibashobotse. Babaha ivomo bakarita, iminsi yashira bakavuga ko nta muvomesha uhari, Ariko maze kuvugana na mudugudu none agiye kuyaha abayavomesha.”

“Ya mazi bari kuyakora” Umuturage wahaye amakuru radio&tv10 nyuma yayibwiye ko aya mazi yahise atangira gukorwa ku buryo abaturage bari batangiye kongera kuyavoma.

Ivomero ryabo ryarafunzwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

Next Post

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w'u Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.