Saturday, May 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa ko bajya kuvoma mu wundi murenge cyangwa bakavoma amabi nyuma y’uko hashize imyaka itatu ivomo bari bahawe rifunzwe, naho ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura Wasac kikavuga ko badashobotse.

Bavuga ko ivomo riri mu mudugudu wa Runyinya ryakoreshwaga n’abaturage b’imidugudu ibiri rikabafasha kubona amazi meza hafi, ngo ryaje kwibwaho icyuma kimwe biba intandaro yo gufungwa kwaryo.

Nyirabanguka Dancila ati “Abajura baraje biba icyuma cyapfundikiraga hano hejuru nyuma abana bakajya bakinisha konteri irapfa, bakajya babivuga mu nama ntibabihe agaciro. Igihe cyarageze, amazi akajya ahora ameneka”.

Kubwimana Ananias nawe avuga ko amazi akomeje kujya ameneka akangiza umuhanda, byatumye abayashinzwe baza kuyafunga abaturage batangira kuyabura batyo.

Ati “Ku kagari no ku murenge bose bari babizi. Ubwo rero ni bwo nyuma baje bashyiramo iki cyuma ubona cyayafunze”.

Bavuga ko byahise bituma abaturage badafite amazi mu ngo bayahendwa n’abayafite aho injerekani yaguraga 20 Frw yahise ijya kuri 50Frw, abandi bikabasaba kujya kuvoma mu wundi murenge ibitari ibyo hakagira abavoma amazi mabi.

Niyonagize Delice ati “ Ariko aho amazi bayafungiye ntabwo tukibona amazi meza, tuyoboka ibishanga tukavoma amazi mabi”.

Kubwimana Ananias nawe ati “None ubu abenshi bajya mu gishanga, abandi bakajya muri Ruharambuga kuvoma yo ayo kunywa ku badafite amafaranga 50Frw yo kuyagura ku bayafite mu ngu”.

Umuyobozi wa Wasac ishami rya Nyamasheke Basemba Jean Bosco yumvikanisha ko ikibazo cyaba kiri kubaturage ngo bahabwa ivomo bakarita rikamara igihe, ariko nanone ku rundi ruhande akavuga ko wasac yahise yongera gufungura iri vomo.

Ati “Abo baturage b’aho ngaho ntibashobotse. Babaha ivomo bakarita, iminsi yashira bakavuga ko nta muvomesha uhari, Ariko maze kuvugana na mudugudu none agiye kuyaha abayavomesha.”

“Ya mazi bari kuyakora” Umuturage wahaye amakuru radio&tv10 nyuma yayibwiye ko aya mazi yahise atangira gukorwa ku buryo abaturage bari batangiye kongera kuyavoma.

Ivomero ryabo ryarafunzwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nine =

Previous Post

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Related Posts

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n'umuryango wahishije inzu...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

by radiotv10
15/05/2026
0

Sosiyete y’ibikorwa by’amahoteli The Lux Collective ifite icyicaro mu Birwa bya Maurice, yinjiye mu mikoranire n’iyo mu Rwanda ya Cleo...

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

by radiotv10
15/05/2026
0

I Kigali mu Rwanda hategerejwe inama mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikeleyeri izaba mu cyumweru gitaha, izanitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu babiri;...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, uherutse gufatirwa ibihano bitarimo igifungo ariko Ubushinjacyaha bukakijuririra, bwamusabiye gufungwa imyaka...

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

by radiotv10
15/05/2026
0

Mu rubanza ruregwamo abaganga batatu b’Ibitaro bya Nyanza, baregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake kubera umubyeyi wari ku nda bakekwaho...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse
IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

by radiotv10
16/05/2026
0

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

16/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

15/05/2026
AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

AMAFOTO: Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje umugore we w’umunyapolitiki agiye kurahirira kuba Umudepite

15/05/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk agiye gusubira imbere y’Urukiko

DJ Toxxyk yasabiwe igifungo gikubye kabiri icyo yari yasabiwe mbere yo kurekurwa

15/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.