• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa ko bajya kuvoma mu wundi murenge cyangwa bakavoma amabi nyuma y’uko hashize imyaka itatu ivomo bari bahawe rifunzwe, naho ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura Wasac kikavuga ko badashobotse.

Bavuga ko ivomo riri mu mudugudu wa Runyinya ryakoreshwaga n’abaturage b’imidugudu ibiri rikabafasha kubona amazi meza hafi, ngo ryaje kwibwaho icyuma kimwe biba intandaro yo gufungwa kwaryo.

Nyirabanguka Dancila ati “Abajura baraje biba icyuma cyapfundikiraga hano hejuru nyuma abana bakajya bakinisha konteri irapfa, bakajya babivuga mu nama ntibabihe agaciro. Igihe cyarageze, amazi akajya ahora ameneka”.

Kubwimana Ananias nawe avuga ko amazi akomeje kujya ameneka akangiza umuhanda, byatumye abayashinzwe baza kuyafunga abaturage batangira kuyabura batyo.

Ati “Ku kagari no ku murenge bose bari babizi. Ubwo rero ni bwo nyuma baje bashyiramo iki cyuma ubona cyayafunze”.

Bavuga ko byahise bituma abaturage badafite amazi mu ngo bayahendwa n’abayafite aho injerekani yaguraga 20 Frw yahise ijya kuri 50Frw, abandi bikabasaba kujya kuvoma mu wundi murenge ibitari ibyo hakagira abavoma amazi mabi.

Niyonagize Delice ati “ Ariko aho amazi bayafungiye ntabwo tukibona amazi meza, tuyoboka ibishanga tukavoma amazi mabi”.

Kubwimana Ananias nawe ati “None ubu abenshi bajya mu gishanga, abandi bakajya muri Ruharambuga kuvoma yo ayo kunywa ku badafite amafaranga 50Frw yo kuyagura ku bayafite mu ngu”.

Umuyobozi wa Wasac ishami rya Nyamasheke Basemba Jean Bosco yumvikanisha ko ikibazo cyaba kiri kubaturage ngo bahabwa ivomo bakarita rikamara igihe, ariko nanone ku rundi ruhande akavuga ko wasac yahise yongera gufungura iri vomo.

Ati “Abo baturage b’aho ngaho ntibashobotse. Babaha ivomo bakarita, iminsi yashira bakavuga ko nta muvomesha uhari, Ariko maze kuvugana na mudugudu none agiye kuyaha abayavomesha.”

“Ya mazi bari kuyakora” Umuturage wahaye amakuru radio&tv10 nyuma yayibwiye ko aya mazi yahise atangira gukorwa ku buryo abaturage bari batangiye kongera kuyavoma.

Ivomero ryabo ryarafunzwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

Next Post

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w'u Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.