Saturday, May 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

radiotv10by radiotv10
16/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko we na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, bemeranyije ko Iran itagomba gutunga intwaro za kirimbuzi kandi ko umuhora wa Hormuz, w’ingenzi mu bucuruzi bwa peteroli ku isi, ugomba gufungurwa.

Ibyo Perezida Trump yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026, ubwo yari asoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Bushinwa.

Trump yavuze ko iyi nama yagenze neza cyane kandi igatanga umusaruro, mu gihe Perezida Xi na we yavuze ko uru ruzinduko ari urw’amateka kandi rufite igisobanuro gikomeye.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru, Trump yavuze kandi ko Xi yemera ko Iran itagomba gutunga intwaro za kirimbuzi ndetse ko yifuza ko umuhora wa Hormuz wongera gufungurwa.

Trump yagize ati: “Xi yavuze ko Iran idakwiye kugira intwaro za kirimbuzi. Yabivuze ashimangira cyane ko ashaka kandi ko bafungura inzira ya Hormuz. Ariko yavuze aseka ati: ‘Barayifunze, namwe murabafunga.’ Kandi ni ukuri, ubu ni twe turi kugenzura uwo muhora.”

Ku kibazo cya Taiwan, Trump yavuze ko Perezida Xi Jinping yamubwiye ko u Bushinwa budashobora kwemera ubwigenge bwa Taiwan kuko byateza amakimbirane akomeye hagati y’impande zombi.

Trump yavuze ko yateze amatwi Xi, ariko ntiyatangaza niba hari impinduka Amerika igiye gukora ku bufasha bwa gisirikare iha Taiwan.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ndetse anamutumira kuzamusura muri White House muri Nzeri uyu mwaka wa 2026.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 20 =

Previous Post

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

Related Posts

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

by radiotv10
15/05/2026
0

Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo muri Afurika (Africa CDC) cyemeje ko icyorezo cya Ebola cyubuye umutwe mu Ntara ya...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yeruriye amahanga ko idashobora gukomeza kubahiriza amasezerano ireba uruhande bahanganye rutabikozwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko budashobora gukomeza kubahiriza amasezerano bwagiranye na Leta ya DRC nyamara yo ikomeje kuyarengaho igaba ibitero...

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

by radiotv10
14/05/2026
0

Wes Streeting yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Bwongereza, avuga ko atagifitiye icyizere imiyoborere ya Minisitiri w’Intebe...

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

Harumvikana kudahuza imvugo ku ruzinduko rw’ibanga rwa Netanyahu

by radiotv10
14/05/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byatangaje ko Benjamin Netanyahu yagiriye uruzinduko rw'ibanga muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, mu gihe...

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

Hamenyekanye icyatumye umugore wa Perezida Macron amukubitira imbere ya camera

by radiotv10
13/05/2026
0

Igitabo gishya kiravuga ko ubwo Brigitte Macron yakubitaga urushyi umugabo we Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yari amaze kubona ubutumwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
16/05/2026
0

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

16/05/2026
Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

16/05/2026
Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

16/05/2026
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Sosiyete Mpuzamahanga yinjiye mu mikoranire na Hoteli ikomeye mu Rwanda ya Cleo Lake Kivu Hotel

15/05/2026
Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

Abandi Baperezida bategerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha barimo uwarusuye muri iki

15/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

How to Recover From a Busy Week Without Losing Your Whole Weekend

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.