Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko babangamiwe n’urubyiruko runywa ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano bikabasaza bagakora urugomo rukabije rutuma hari n’abahatakariza ubuzima.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu bagaragaza ko hari inzoga ziganjemo izitujuje ubuziranenge zikunze kuboneka muri uyu Murenge, ndetse zigatiza umurindi rumwe mu rubyiruko ruzinywa maze rugakora urugomo runahitana ubuzima bwa bamwe.

Mukamurigo ati “Hari n’uwo biciye hirya hariya ku kirogotero, undi bamwicira mu Rurembo.”

Niyitegeka Jean de Dieu ati “Izi nzoga z’inkorano hano ntibazikora gusa, ziranyobwa kuko aho zituruka ntituhazi.”

Bakomeza batabaza basaba ko ubuyobozi bufata ingamba zikwiye zo kurwanya izo nzoga no gushyira urwo rubyiruko ku murongo.

Niyitegeka Jean de Dieu ati “Cyanecyane izi nzoga z’ibyuma zitumariye abantu kuko barazinywa bagasara bakatumarira abantu.”

Nyirabarihafi Liberatha ati “Banywa ibiyobyabwenge, bakanywa itabi ry’urumogi, bamara kurihaga bagatangira abantu. Leta nidutabare.”

Icyakora ubuyobozi bw’umurenge wa Rambura buvuga ko butazi icyo kibazo ariko bugashishikariza ababa bazi urwo rubyiruko runywa ibiyobyabwenge kurutanga amakuru, nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge, Bwana Marcel Ndandu, yabibwiye umunyamakuru.

Gitifu Ndandu ati “Urwo rubyiruko ntarwo nzi dufite kuko n’uwabifatirwamo wese, utitaye ko ari mukuru cyangwa urubyiruko, arabihanirwa. Turasaba urubyiruko kujya mu mirimo y’ubuhinzi n’ubworozi kuko irimo cyane ku buryo batabura icyo bakora. Gusa abacuruza izo nzoga zitujuje ubuziranenge na bo twabagira inama yo kubireka bagacuruza izemewe.”

Mu gihe abaturage bagaragaza impungenge batewe n’ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge binatera urugomo, inzego z’ubuyobozi zikabasaba gutanga amakuru mu rwego rwo kubikumira no kubungabunga umutekano n’imibereho myiza y’abatuye aho, hari n’abagaragaza ko iyo batanze amakuru y’abakora ibyo bikorwa bibi basigara bahigwa bukware n’abo bagizi ba nabi, nyamara bakabura ubarengera.

Abaturage basaba ko uru rubyiruko rufatirwa ingamba

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twenty =

Previous Post

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

Next Post

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Related Posts

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

by radiotv10
19/05/2026
0

Mu Kagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, Polisi ifatanyije n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo bane bari...

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

by radiotv10
18/05/2026
0

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa ikibazo cy’abagabo bata ingo zabo, bakajya gushaka abagore batagira abana, bikavugwa...

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

by radiotv10
18/05/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Bossembele, muri Repubulika ya Centrafrique, bashyikirije abaturage ikibuga cya Basketball babasaniye n’ibikoresho...

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

by radiotv10
18/05/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye guha isomo Abanyarwanda ryo...

IZIHERUKA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda
AMAHANGA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

by radiotv10
19/05/2026
0

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

19/05/2026
Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

Rubavu: Inzoga z’inkorano mu rubyiruko ziri kurutera gukora amarorerwa bamwe bavuga ko adakwiye kwihanganirwa

19/05/2026
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

18/05/2026
Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

18/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Abagabo bane bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba ihene zirenga 10

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.