• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in MU RWANDA
0
Abari abasirikare ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kwibohora basuye aharimo aho rwatangiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 60 bahoze ari abasirikare 60 ba RPA-Inkotanyi bamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu, basoje uruzinduko bagiriraga mu bice bibumbatiye amateka y’uru rugamba birimo ku Mupaka wa Kagitumba rwanatangiriye.

Uru rugendo rw’iminsi ibiri, rwari rugamije kubashimira ubwitange bwabo mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Uru ruzinduko rwateguwe na Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare.

Muri uru ruzinduko,  basuye ahantu h’ingenzi  habumbatiye amateka y’urugamba rwo Kwibohora, harimo Kagitumba ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, aho urugamba rwo kwibohora rwatangiriye mu Ukwakira 1990, ndetse na Nyabwishongwezi, Gikoba, Umulindi w’Intwali na Kaniga.

Iri tsinda ryari riherekejwe n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (RDRC), Nyirahabineza Valérie, hamwe n’Umuyobozi Wungirije, Maj. Gen. (Rtd) Jacques Nziza.

Umuyobozi wa RDRC yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuba yarayoboye urugamba rwo kubohora igihugu rwahagaritse akarengane, itotezwa ndetse  na Jenoside yakorewe Abatutsi, akanayobora urugendo rwo kongera kubaka u Rwanda rwunze ubumwe kandi rutekanye.

Yanashimye aba basirikare  bamugariye ku rugamba kubera ubwitange, gukunda igihugu, kwihangana n’umurava bagaragaje, avuga ko uruhare rwabo rukomeje kuba inkingi y’amahoro n’ituze by’u Rwanda.

Abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu bagaragaje ko bashimira Guverinoma y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa RDF ku nkunga  bakomeje kubagaragariza bo n’imiryango yabo. Bavuze ko uru ruzinduko rwabibukije amateka y’urugamba rwo kwibohora kandi rushimangira ko indangagaciro baharaniye zigikomeje kuyobora urugendo rw’u Rwanda rwo kubaka amahoro, ubumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − three =

Previous Post

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Next Post

Ibya America na Iran byasubiye inyuma

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ibya America na Iran byasubiye inyuma

Ibya America na Iran byasubiye inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.