• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n’umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo

radiotv10by radiotv10
27/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n’umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, yasabye William Ruto wamusimbuye na Rigathi Gachagua  wahoze ari Visi Perezida, guhagarika intambara y’amagambo imaze igihe hagati yabo, kuko ibyo bakora byari bikwiye kubatera isoni bakabireka.

Mu kwezi gushize ni bwo Perezida William Ruto na Rigathi Gachagua batavuga rumwe; bagiye ku karubanda baratukana. Aba babwiranye amagambo atarakiriwe neza.

Kuri iyi nshuro, Uhuru Mũigai Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya kuva mu mwaka wa 2013 kugeza muri 2022, yavuze ko iyo myitwarire bagomba kuyireka.

Kenyatta yagize ati “Tumaze kubona bagenzi bacu ko batangiye gukora politike y’amacakubiri. Nta n’ubwo bagira n’isoni. Ibyo babivugira imbere y’abantu bakuru muri iki gihugu. Bahaguruka bemye bakavuga amagambo yuzuyemo ibitutsi, ayo guteza imidugararo no guteza ubushyamirane hagati y’Abanyakenya. Ariko nta muntu wigeze ahaguruka ngo ababuze gukora ibyo bintu.

Ahubwo basa n’abemerewe gukomeza ayo magambo. Twese nk’igihugu ni ngombwa ko tubwizanya ukuri. Nibitaba ibyo, tuzasubiramo amakosa tumazemo igihe. Iyi si inshuro ya mbere tubonye abayobozi bavuga amagambo mabi agamije guteza imidugararo mu gihugu.

Aheruka twayumva mu mwaka wa 2007. Ntimwumve ko byizanye gutyo. Ahubwo byabanjirijwe n’amagambo nk’aya aba bantu bavuga. Ndabasaba bayobozi b’igihugu cyacu, kubw’umutekano w’igihugu, niba koko mukunda igihugu cyacu, ntimuzasubiremo ibi bintu.

Niba kandi mushaka amahoro y’iki gihugu, abayobozi bagaragaze imigambi bafitiye abaturage. Tureke ibyo gucamo abantu ibice.”

Yaboneyeho umwanya wo kwihaniza Perezida Ruto ukunze kuvuga ko abamubanjirije ku butegetsi nta kintu bakoze kandi bari bafite ibisabwa byose.

Ati “Ntabwo bisaba ko umuntu aba umunyabwenge udasanzwe kugira ngo amenye ikibazo dufite. Ntimukavuge ngo runaka yari afite ibi n’ibi ariko ntiyagira icyo akora. Si byo. Icyo cyari igihe cyacu ariko uyu munsi ni mwe muyoboye. Twakoze ibyo twashoboraga. Uyu munsi namwe muhangane n’ikibazo gihari kandi kirumvikana.”

Bwana Kenyatta aremera ko hari ibyo na we atakoze. Ariko uyu munsi avuga ko bikibangamiye abaturage. Yifashishije urugero, yavuze ko icyo abategetsi bakagombye gukora mu mwanya wo guteza imidugararo mu gihugu.

Ati “Abantu barasakuza kubera ko bavuga bati; njye ndi umuntu uhembwa amashilingi ibihumbi 20. Muri ibyo bihumbi 20, magana inani akoreshwa mu rugendo rwo kugenda no kugaruka mu rugo. Ibihumbi 12 byo mbyishyura ubukode. Nsigarana ibihumbi bibiri byonyine byo gutunga abana banjye no kubishyurira amashuri. Icyo ni cyo kibazo gihari. Hangana na cyo ureke amagambo y’ivangura n’ibindi.”

Mu myaka 10 Uhuru Kenyatta yabayemo Perezida, yari yungirijwe na William Ruto. Icyakora mu mpera za manda ya kabiri batangiye kutavuga rumwe. Ibyo byatumye Uhuru Kenyatta ashyigikira Raila Odinga wari uhanganye na Perezida Ruto muri iyi manda igana ku musozo. Ariko byarangiye Ruto atsinze. Kugeza n’ubwo William Ruto anyuzamo akavuga ko mugenzi we hari ibyo atakoze ku butegetsi bwe. Ariko ashimangira ko ari we muntu wa mbere uzi ubwenge uyoboye icyo gihugu kandi ngo nta wundi muntu ushobora kugira imigambi nk’iyo afitiye Abanyakenya.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 14 =

Previous Post

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ikomanga ku gusohokera Igihugu

Next Post

Museveni ntiyumva ukuntu Umunya-Uganda ugikennye ajya mu muhanda kwishima ngo ikipe y’i Burayi yatwaye igikombe

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Museveni ntiyumva ukuntu Umunya-Uganda ugikennye ajya mu muhanda kwishima ngo ikipe y’i Burayi yatwaye igikombe

Museveni ntiyumva ukuntu Umunya-Uganda ugikennye ajya mu muhanda kwishima ngo ikipe y'i Burayi yatwaye igikombe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.