• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

radiotv10by radiotv10
30/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiriko ko rukwiye gushyira imbere ikizaramira Igihugu cyarwibarutse, arwizeza ko nubwo hari imwe mu miryango igifite ingengabitekerezo mbi ishaka no kuyibinjizamo, ariko urukundo rw’Igihugu rugomba kuza imbere.

Madamu Jeannette Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Gicurasi ubwo yahaga ubutukwa urubyiruko rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko, Igihango cy’Urungano, ryabereye ku Intare Conference Arena, mu Mujyi wa Kigali.

Ihuriro ry’urubyiruko rigamije kwibuka urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe Abatutsi, kuganira ku mateka y’u Rwanda cyane cyane ayagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, no kurebera hamwe uruhare rw’urubyiruko mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, kurwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi no kubaka igihugu cyunze ubumwe kandi gitekanye.

Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gushyira imbere ikizaramira u Rwanda, arwibutsa kutubakira ku ngengabitekerezo yo ku ishyiga igamije gusubiza igihugu inyuma.

Yagize ati: “Ntabwo twirengagije ko hari byinshi muganira n’ababyeyi cyangwa mwigishwa mu rugo. Hari abagiye babidusangiza mu buhamya, ukumva ukuntu imiryango yabo igikomeye kuri ya ngengabitekerezo twita ko ari iyo ku ishyiga.”

Yakomeje abwira urubyiruko ko rukwiye gushyira imbere ikizaramira u Rwanda.

Ati: “Ariko ndagira ngo mbahumurize, urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda, ari yo ngobyi iduhetse aho twibona twese nk’umuryango mugari.”

Madamu Jeannette Kagame kandi yabwiye urubyiruko ko rufite umukoro ukomeye wo kurinda no kubungabunga amahoro n’umutekano igihugu gifite.

Ati: “Mwebwe urubyiruko n’abato b’uyu munsi, mufite umukoro ukomeye wo kurinda no kubungabunga amahoro n’umutekano dufite, kandi bikajyana n’imibereho myiza mu nzego zose n’iterambere. Mufite byinshi byo guheraho mu kubaka amateka azagena imibereho y’u Rwanda n’Abanyarwanda, itajegajega.”

Iri Huriro ry’Urubyiruko, Igihango cy’Urungano ryitabiriwe n’abarenga 2000, biganjemo urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu gihugu.

Ibiganiro byaritangiwemo byibanze ku nsanganyamatsiko igira iti: “Rubyiruko, turwanye ingengabitekerezo ya Jenoside, twimakaze ubumwe n’ubudaheranwa.”

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gushyira imbere urukundo rw’Igihugu

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 15 =

Previous Post

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

Next Post

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye 'Climate Action Volleyball Tournament' ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.