• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

radiotv10by radiotv10
02/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Icyitonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru, ni iyakuwe kuri interineti kugira yifashishwe

Share on FacebookShare on Twitter

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi babashinja, birimo umusaraba n’amazirantoki.

Aba bagore bo mu Mudugudu wa Ruhita mu Kagari ka Nyagashanga mu Murenge wa Karangazi, bafashwe nyuma yuko abatuye muri aka gace bamaze iminsi bataka kurogerwa.

Ni nyuma yuko kandi hari inzu y’umuturage isizweho amazirantoki n’umwe muri abo bagore, aho abaturage bakeka ko n’ubundi yari aroze nyiri iyo nzu yasizweho amazirantoki.

Umwe muri aba bagore yasanganywe ibyo bakeka ko yakoreshaga mu bikorwa bye byo kuroga, birimo umusaraba ukoze mu giti, amazirantoki, ingata n’ibyatsi bitazwi ubwoko bwacyo.

Abaturanyi babo, bavuga ko bari basanzwe bakeka amarozi kuri aba bagore, kuko hari abantu bigaragara ko baroze, barimo umugore wari utwite uherutse kujya kwa muganga, bamusuzuma bagasanga nta mwana uri mu nda.

Umwe muri aba baturage yabwiye ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, ati “Hamaze iminsi hano habera ibintu bitandukanye by’uburozi tugakeka bariya bagore rero twari twarabuze gihamya. Hari umugore wari utwite wari inshuti y’umwe muri bo, yagiye kwa muganga inda basanga ntayo.”

Uyu muturage kandi avuga ko hari umusore wanze gushaka kandi afite imyaka 40 y’amavuko, bagakeka ko na we yazinzwe n’aba bagore bakekaho uburozi,

Nyuma yuko abaturage bafashe aba bagore hirya y’ejo hashize tariki 31 Gicurasi 2026, bahise babashyikiriza Irondo, na ryo ribajyana ku Kagari, nyuma kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kamena bakaba bashyikirijwe Polisi, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Karangazi.

Amakuru y’ifatwa ry’aba bagore yanemejwe n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, wavuze ko umwe muri aba bagore, yafatiwe mu cyuho ari gusiga amazirantoki ku nzu y’umuturage, mu gihe undi bari kumwe, yahise yirukanka, bakaza kumufatira iwe.

Yagize ati “Numvise ko abaturage babanje gufata umuturage umwe bakeka ko abaroga, basanze inzu imwe yashyizweho amazirantoki undi ariruka bajya iwe bamusangayo baramufata bose bahita babashyikiriza irondo.”

Uyu muyobozi avuga ko kandi Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rwinjira muri iki kibazo, rukaba ruri gukora iperereza ritegerejwemo ukuri kuri ibi abaturage bashinja abaturanyi babo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 20 =

Previous Post

How people stay financially stable

Related Posts

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.