• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in Uncategorized
0
Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko bavuga ko rishaje cyane ku buryo iyo imvura iguye ibicuruzwa byabo byangirika, bikabangamira ibikorwa by’ubucuruzi.

Bamwe mu bacuruzi bavuga ko igice kinini cy’amabati n’imireko byangiritse ku buryo amazi y’imvura abasanga aho bacururiza. Bavuga ko hari igihe imvura ibagusha mu gihombo kuko bava mu isoko batacuruje.

Yankurije Goreth  ucururiza muri iri soko ati “iri soko ry’aha mu Rwanza rirashaje cyane, rirava cyane. Amabati yagiye atobagurika  kuburyo iyo imvura iguye amazi adusanga ku bisima twashyizeho ibicuruzwa.”

Pamela Uwanyirigira ucururiza muri iri soko nawe ati: “Iyo imvura iguye turanyagirwa ndetse n’ibicuruzwa byacu,bikaba ngombwa ko tujya gushaka aho tubyugamisha ariko biba byangiritse cyangwa tugahita dutaha ahanini tugataha tuatanagurishije ibicuruzwa byacu.”

Aba bacuruzi kandi bavuga ko bibabaza kuba bakomeje gusabwa gutanga imisoro yiyongereye, nyamara aho bakorera hatameze neza. Basaba ko mbere yo kongererwa amafaranga y’imisoro, habanza kuvugururwa isoko kugira ngo ribafashe gukora mu buryo buboneye.

Uyisenga ati: Twebwe baduca amafaranga  3000  ku gisima kimwe ducururizaho batubwira ko ari umusoro,bitewe nuko isoko rishaje  usanga tutayagaruza  ahubwo tugahura n’ibihombo cyane cyane iyo imvura iguye.abtwubakiye iri soko mu buryo bujyanye n’igihe byadufasha.’’                                                                                                  

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara, Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, HABINEZA Jean Paul, yemera ko Isoko rya Rwanza rishaje ahubwo byakabaye ngombwa ko ryubakwa aho kuvugururwa gusa ngo hakaba hari gushakishwa abashoramari  baryubaka.

Ati: “Dufite gahunda yo kuryubaka,turahamagarira abashoramari  bashaka kuryubaka tubijyanemo kuko ikibanza kirahari kandi bakuramo inyungu.Dutegereje igihe bizakundira bakishyira hamwe  bagatangira kuryubaka,                                                                             

Isoko rya Rwanza rirema ku wa Gatatu no ku Cyumweru. Abarihahiramo bavuga ko igihe imvura iguye ibikorwa byinshi bihagarara, bamwe bagataha batacuruje, ibintu bavuga ko bikomeje kugira ingaruka ku mibereho yabo kuko benshi babeshwaho n’ubucuruzi bakorera muri iri soko.

Basaba ko ryasanwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Perezida Kagame na Macron bafunguye Urwibutso rwa Jenoside i Paris mu Bufaransa

Next Post

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo u Rwanda n’u Bufaransa bafashe amaze kwera imbuto zishimishije

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.