Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yibukije Abayobozi ba Nyamagabe ko Akarere bayoboye kaje ku mwanya wa nyuma mu gukura abaturage mu bukene, bityo ko bakwiye kunoza akazi kabo, kandi bakegera abaturage kugira ngo bakosore ibitagenda.
Guverineri yavuze kandiko mu bushakashatsi buheruka bwakozwe na Rwanda Governance Board ku ishusho y’imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zegereye abaturage, bugaragaza ko Akarere ka Nyamagabe kari mu Turere twagize amanota ari hasi mu rwego rw’ukwishimira serivisi abaturage bahabwa.
Ibi yabigarutseho mu mwiherero w’iminsi itatu wahuje abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, wari ugamije gusuzuma ibikorwa byagezweho mu myaka ine ishize aho yasabye abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe kongera imbaraga mu kazi bakorera abaturage, abibutsa ko hakiri urugendo mu kubegera no gukemura ibibazo byabo ku gihe.
Bamwe mu bajyanama bagaragaje ko nubwo hari ibikorwa byinshi byagezweho muri manda yabo, hari n’ibitaragerwaho byagize uruhare mu gutuma abaturage bamwe batishimira serivisi bahabwa n’inzego z’ibanze.
Perezida wa Njyanama y’akarere ka Nyamagabe Clautilde Uwamahoro avuga ko nubwo hari byinshi byakozwe hakiri n’ibigikemewe gukorwa cyane cyane ibijyanye no kwita ku guha servise zinoze abaturage dore ko mu bushakashatsi bwagiye bugaragazwa na RGB bwagiye bugaragaza ko akarere ka Nyamagabe kaza mu myanya y’inyuma mu kutanyurwa na servise abaturage bahabwa.
Ati “Mu myaka ine tumaze ku buyobozi nk’inama njyanama hakozwe byinshi,gusa hari ibyo dukwiye gushyiramo imbaraga harimo imitangire ya servise ku baturage,kugeza uyu munsi abaturage b’akarere ka Nyamgabe ntabwo baranyurwa na servise bahabwa nkuko ubushakashatsi bwa RGB bubigaragaza.’’.
Guverineri Alice Kayitesi yavuze ko ibipimo bigaragaza uko abaturage bishimira serivisi bahabwa bikwiye kubera abayobozi indorerwamo yo kunoza akazi kabo no gukomeza gushyira umuturage ku isonga.
Yagize ati “Ibyo dusabwa ni byinshi, Akarere ka Nyamgabe kari ku mwanya wa Nyuma mu gukura abaturage mu bukene, ibyo bagomba kubishyiramo imbaraga bigakosoka, ikindi haracyafite urugendo rwo kongera kwegera abaturage no kureba uko bishimira servise babaha. Ubushakashatsi bwakozwe na RGB bugaragaza uko abaturage bishimira serivise bahabwa n’ubuyobozi ntabwo bimeze neza kuko aka Karere kaza ku myanya ya nyuma.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10






