Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) cyitezweho guteza imbere ubu bwenge hibandwa ku guhindura imikorere mu nzego za Leta. Hagaragajwe iby’ingenzi byo kumenya kuri iki Kigo.
Ingingo ya kane y’Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kamena iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, igaragaza Politiki, Ingamba na Porogaramu byemejwe n’iyi Nama, birimo Ishyirwaho ry’lkigo cy’lgihugu cy’Ubwenge Buhangano.
Nyuma y’itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminitiri, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byagaragaje amakuru y’ingenzi kuri ibi byemezo arimo ishyirwaho ry’iki Kigo, ndetse n’icyo kizaba gishinzwe.
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko gushyiraho iki Kigo cy’Igihugu cy’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) bigamije gukomeza guteza imbere Ubwenge buhangano n’ikoreshwa ryabwo mu Gihugu.
Igaragaza kandi iby’ingenzi abantu bakwiye kumenya kuri iki Kigo, aho “kizagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ikoranabuhanga ry Ubwenge buhangano (Al) mu Rwanda no hanze yarwo, hibandwa ku guhindura imikorere mu nzego za Leta hakoreshejwe ikoranabuhanga, gukora ubushakashatsi.”
Iki kigo kandi kizaba gifite inshingano mu kongerera abantu ubumenyi mu bijyanye n’Ubwenge buhangano, kwita ku mahame agenga ikoreshwa ryabwo, guteza imbere inganda, kububyaza umusaruro no guteza imbere ubufatanye ku rwego mpuzamahanga.
Guverinoma ivuga kandi ko iki kigo kizahuriza hamwe ibikorwa byose
bijyanye n’Ubwenge buhangano (Al) mu rwego rwo kunoza ishyirwa mu bikorwa ryabwo, kuzamura impano, ishoramari no guteza imbere ikoranabuhanga rigezweho ku Mugabane wa Afurika.
U Rwanda kandi rwatangiye urugendo rwo gukoresha Ubwenge Buhangano mu nzego zinyuranye byumwihariko mu buvuzi, aho muri Gashyantare uyu mwaka wa 2026, hatangijwe ‘application’ ikoresha ubu Bwenge Buhangano (AI).
Iyi application yitezweho kuzafasha abakora mu nzego z’ubuvuzi mu gusuzuma abarwayi ndetse no kuba bafata ibyemezo byabafasha gutanga imiti, iri mu mushinga wiswe Horizon 1000, uhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda na Bill Foundation na OpenAI, aho witezweho ko muri 2028 uzaba waramaze kugera mu mavuriro 1 000 ku Mugabane wa Afurika.
Iyi application yunganira umuganga cyangwa umuforomo mu gihe cyo gusuzuma umurwayi, aho imutega amatwi, ubundi igakora isesengura igendeye ku byatangajwe n’umurwayi, kugira ngo ifashe umuganga gufata icyemezo mu kumuvura.
RADIOTV10





