• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturiye umuhanda wagaragayemo umurambo w’umugabo bakeka ko yishwe

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in MU RWANDA
0
Abaturiye umuhanda wagaragayemo umurambo w’umugabo bakeka ko yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, ahagaragaye umurambo w’umugabo wari mu muhanda Huye-Kigali, baravuga ko nyakwigendera ashobora kuba yishwe n’abantu bari mu kabari kari hafi aho.

Uyu murambo wasanzwe mu muhanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Kamushatsi mu Kagari ka Gatagara.

Nyuma yuko uyu murambo ubonetse mu muhanda rwagati, inzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, zaramukiye mu iperereza ku cyaba cyahitanye nyakwigendera.

Abaturiye aha hasanzwe umurambo wa nyakwigendera, bavuga ko mu ijoro ryacyeye bumvise urusaku rwinshi mu kabari kari hafi aho, bagahurura baje kureba ibibaye, basanga umurambo wa nyakwigendera, bigaragara ko yatewe icyuma.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Karushatsi Nditurende Maritha, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru ko yahamagawe kuri telefone mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu, amenyeshwa ko muri aka gace hapfiriye umuntu mu muhanda.

Yagize ati “Nabajije uko byagenze bambwira ko hari umwana wari kumwe n’abo bantu [abakekwaho kwica uwo muntu] banyweraga mu kabari, we ahita ajya kwa mutekano kuvuga ko mu muhanda hari umuntu bahiciye.”

Uyu muyobozi avuga ko ushinzwe umutekano mu Mudugudu yeretswe ukekwaho kwica nyakwigendera agashaka kumufata, ariko na we agashaka kumutera icyuma yari afite.

Umukuru w’uyu Mudugudu yaje gufatanya n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, bafata uwo muntu ukekwaho kwica nyakwigendera.

Ati “Ubwo bamufataga bamwicaje kuko hari umwana wari wavuze ko bari abantu babiri, bahita bashaka undi na we baramuzana.”

Uretse aba babiri bahise bafatwa, hafashwe abandi batatu na bo bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, bakaba bari gukorwaho iperereza.

Amakuru avuga ko hari abasore bariho banywera muri ako kabari, baje gutega uwo muntu w’igitsinagabo batanamuzi, bakamwambura ibyo yari afite, bakanamwivugana.

RIB yahise itangira gukora iperereza. Photo/Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima

Next Post

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

Related Posts

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

by radiotv10
10/06/2026
0

Umugabo wo mu murenge wa Nyakarenzo bivugwa ko yari asanzwe ajyana amakara muri repuburika iharanira demokarasi ya Congo yabonywe mu...

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

by radiotv10
10/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Bugarama bafite imitungo yangijwe n’ikorwa ry’umuhanda wa Rusizi-Bugarama baravuga ko bafite impungenge zo...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

by radiotv10
09/06/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) cyitezweho guteza imbere ubu bwenge hibandwa ku...

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Abatega bisi mu Mujyi wa Kigali bagarukanye amashimwe nyuma y’amezi atandatu hashyizwemo impinduka zifatika

by radiotv10
09/06/2026
0

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko amavugurura yashyizwemo, yagize akamaro gakomeye kuko...

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

by radiotv10
09/06/2026
0

Umugabo w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, akurikiranyweho kwica mushiki w’imyaka 66 bapfa amakimbirane ashingiye...

Next Post
APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w'Umunya-Chad

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Colonel muri FARDC byavugwaga ko yirashe agapfa byemejwe ko akiri muzima

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.