• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Sunday, June 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

radiotv10by radiotv10
14/06/2026
in BASKETBALL, SIPORO
0
Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Basketball RSSB Tigers iherutse kwegukana Igikombe mu irushanwa Nyafuruika BAL (Basketball Africa League) yagiranye ubusabane n’Abaturarwanda bayishyigikiye ubwo yakinaga iri rushanwa, ibamurikira igikombe yegukanye mu birobi byaranzwe n’imyidagaduro irimo guturitsa ibishashi by’ibyishimo.

Ni ibiroro byabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 13 Kamena 2026, nyuma y’ibyumweru bibiri RSSB Tigers BBC ikoze amateka ikaba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa rya BAL.

Ibirori byo kwishimira iki gikombe byatangijwe n’urugendo rwo kugishyira mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, aho abatuye umujyi bagize amahirwe yo kubona igikombe cyegukanywe n’iyi kipe. Muri uru rugendo hari Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro.

Nyuma yo gutambagiza igikombe mu Mujyi wa Kigali, cyerekejwe kuri Kigali Convention Centre (KCC), ahabereye igitaramo cyari kigenewe gukomeza kwishimira iyi ntsinzi.

Abitabiriye iki gitaramo basusurukijwe n’abahanzi batandukanye barimo Kenny Sol, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Angell Mutoni, Ariel Wayz na Kivumbi King, basusurukije abakunzi b’imikino n’umuziki babitabiriye.

Muri ibi birori kandi habaye igikorwa cyo guturitsa ibishashi mu kirere, ibikorwa bidakunze kugaragara mu birori byo kwizihiza intsinzi z’amakipe mu Rwanda.

RSSB Tigers BBC yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026) nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola ku manota 90-88 ku mukino wa nyuma wabereye i Kigali tariki ya 31 Gicurasi 2026. Iri rushanwa ryari ribereye mu Rwanda ku nshuro ya gatandatu.

Igikombe cyabanje gutambagizwa mu Mujyi wa Kigali

Byari ibyishimo bidasanzwe

Umuhanzi Ariel Wayz yasusurukije ababyitabiriye

Na Juno Kiziegenza
Na Kivumbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

ADEPR Paruwasi ya Kayonza yubakiye umuryango warokotse Jenoside inaworoza inka

Related Posts

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

by radiotv10
12/06/2026
0

Ikipe y'Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yitabiriye Igikombe cy’Isi...

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

by radiotv10
11/06/2026
0

Imyiteguro yose yamaze kurangira muri Mexique mu gihe abakunzi b'umupira w'amaguru ku isi yose bategereje umukino wo gufungura Igikombe cy'Isi...

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

by radiotv10
10/06/2026
0

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kugura abakinnyi ku isoko, aho APR FC yasinyishije Amani Kouadio Kan Michel na Madou Zon,...

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

by radiotv10
09/06/2026
0

Mu gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika ya Ruguru, amakipe yo ku isi akomeje kugaragara mu mateka y’umupira w’amaguru...

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

by radiotv10
05/06/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Noam Fritz Emeran wakiniye ikipe ya Manchester United, wahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, yamaze kwambara...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

ADEPR Paruwasi ya Kayonza yubakiye umuryango warokotse Jenoside inaworoza inka

Hongerewe amasaha yo gukora y’utubari n’utubyiniro mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.