Ikipe ya Police FC yafashe umwanzuro wo gutandukana n’uwari umutoza wayo Ben Moussa ukomoka muri Tunisia nyuma yo kutagera ku ntego yari yahawe n’ubuyobozi bw’iyi Kipe, aho bivugwa ko ubuyobozi bw’iyi kipe buri mu biganiro n’umutoza ukomoka muri Congo ngo aze kuyitoza.
Uyu mutoza Ben Moussa yageze mu ikipe ya Police FC mu mwaka ushize w’imikino wa 2025-2026 akaba yari yasinye amasezerano y’imyaka itatu.
Bimwe mu byari mu masezerano uyu munya Tunisia yari yasinye harimo ko agomba gufasha Police FC gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda haba Shampiyona cyangwa igikombe cy’amahoro.
Gusa ntabwo byaje guhira uyu mutoza w’umunya-Tunisia kuko Igikombe cy’Amahoro ntibyakunze ndetse na Shampiyona yasoje ku mwanya wa 6 (uwa kane mu makipe yo mu Rwanda) kandi yari yasoje imikino ibanza ayoboye shampiyona,mu mikino yo kwishyura ikipe ya Police FC ikaba yaratsinze imikino itatu gusa.
Nyuma yo gukora isuzuma ku musaruro we yagize, Police FC yasanze byaba byiza batandukanye igashaka undi mutoza.
Amakuru avuga ko, Police FC iri mu biganiro n’umutoza Guy Bukasa ukomoka muri DR Congo watoje amakipe nka Gasogi United, Rayon Sports na AS Kigali zo mu Rwanda,undi mutoza uvugwa muri Police ni Hammadi usanzwe atoza ikipe y’Amagaju.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10





