• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

radiotv10by radiotv10
15/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene  izwi nka M. Irene unafite inzu MIE ifasha abahanzi, yahakanye amakuru yavugaga ko ari kwishyuza miliyoni 60 Frw abahanzi Vestine na Dorcas nyuma yuko batandukanye, avuga ko ari ibihuha.

Ni nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize hashyizwe hanze itangazo rivuga ko inzu ya MIE yatandukanye n’aba bahanzi Dorcas&Vestine yari imaze igihe ireberera inyungu.

Iri tangazo ryakurikiwe n’amakuru yavugaga ko M. Irene yaba ari kwishyuza aba bahanzi miliyoni 60 Frw nyuma yuko batandukanye.

Uyu munyamakuru yahakanye amakuru aya makuru, avuga ko ari ibihuha bigamije kumuharabika, kuko gutandukana na bariya bahanzi, byatewe no kuba amasezerano bari bafitanye yararangiye.

Yagize ati “Mu by’ukuri abakobwa amasezerano yabo yari yararangiye kandi twari tutarasinya andi, bisobanuye ko buri wese yari yemerewe amahitamo ye.”

Hari kandi amakuru yavugaga ko indirimbo zasohowe na bariya bahanzi mu gihe bakoranaga n’uyu munyamakuru, na zo batazifiteho uburenganzira, ahubwo ko iriya nzu ye ari yo izakomeza kuzigiraho ububasha.

Ibi na byo M. Irene yabihakanye avuga ko nta nyungu n’imwe yagirira mu kugwatira indirimbo z’aba bahanzi cyane ko ntacyo abishyuza.

Ati “N’iyo cyaba gihari twabikemura ukwacu, icyakora kimwe nakubwira nta gihari rwose ni ibinyoma ntari kwiyumvisha n’aho byaturutse.”

M. Irene watangiye gukorana n’aba bahanzi bakiri abana biga mu mashuri yisumbuye, umwe muri akaba yaramaze kurushinga yaranibarutse impfura, avuga ko icyo yashakaga muri aba bahanzi yamaze kukigeraho, kuko yifuzaga kubabona barakuze bageze ku rwego rushimishije nk’urwo bariho uyu munsi.

Umunyamakuru M. Irene
Dorcas
Vestine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eighteen =

Previous Post

Haravugwa urupfu rutunguranye rw’abantu batandatu bikekwa ko bishwe n’inzoga banyoye

Related Posts

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

by radiotv10
14/06/2026
0

In a world where success is often measured by appearances, many people are spending more time looking successful than actually...

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

by radiotv10
13/06/2026
0

Money has always been one of those silent forces that shapes relationships in ways people don’t always talk about openly....

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

Umunyemari Zari yatangaje iherezo ry’urushako rwe n’umuteramakofi Shakib

by radiotv10
12/06/2026
0

Umunyamafaranga Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’ wanabyaranye n’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko yatandukanye n’umugabo we Shakib Cham...

Why Some People Always Feel Tired Even After Sleeping

Why Some People Always Feel Tired Even After Sleeping

by radiotv10
12/06/2026
0

You sleep for eight hours, wake up, and somehow still feel exhausted. Your body feels heavy, your mind is slow,...

Why we sometimes buy things we don’t need

Why we sometimes buy things we don’t need

by radiotv10
12/06/2026
0

Have you ever gone to a shop planning to buy only one thing, but ended up leaving with five extra...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Haravugwa urupfu rutunguranye rw’abantu batandatu bikekwa ko bishwe n’inzoga banyoye

Irebere inyubako zigezweho z’Ibitaro bya Masaka bizatuma u Rwanda ruba igicumbi cy’ubuvuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.