• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi

radiotv10by radiotv10
16/06/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Josimar José Évora Dias uzwi nka Vozinha, umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Cape Verde w’imyaka 40 y’amavuko, yabaye ikimenyabose ku Isi, nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi, aho konti ye ya Instagram yari ifite abamukurikira ibihumbi 50 gusa, igahita itumbagira ikagera kuri miliyoni 5.

Ni nyuma yuko ikipe y’Igihugu cye inganyije n’iya Espagne 0-0 mu mukino uyu munyezamu yakuyemo imipira myinshi yabaga yabazwemo ibitego.

Uyu munyezamu w’imyaka 40 yatumye Espagne inanirwa kureba mu izamu mu minota 90 yose y’umukino, aho iyi kipe y’igihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi yagerageje uburyo 27 bwose bwashoboraga kuvamo ibitego, ariko uyu munyezamu ahagarara gitwari.

Ubwo umusifuzi yari ahushye mu ifirimbi ya nyuma, uyu munyezamo wa Cape Verde, Vozinha yagaragaje gucika intege, mu buryo bwo gufatwa n’amarangamutima kubera akazi katoroshye yakoze.

Ibi byagaragaje ibihe by’amateka kuri Cape Verde, yabonye inota rimwe mu mukino wabo wa mbere w’igikombe cy’isi bakina n’ikipe imwe mu zikomeye ku Isi, inakinamo abakinnyi b’amazina azwi.

Kunganya kwarangiye urugendo rudasanzwe kuri uyu munyezamu w’inararibonye. Vozinha yatangiye umwuga we ku myaka 25, atangira gukina muri Progresso muri Angola. Nyuma yakinnye muri Moldova, Cyprus, Slovakia na Portugal, aho ubu akina mu ikipe ya Chaves yo mu cyiciro cya kabiri cya Portugal.

Kuva yinjiye mu ikipe y’igihugu ya Cape Verde mu 2012, uyu munyezamu yakomeje kwiyemeza kugera ku nzozi nini cyane mu mupira w’amaguru nubwo yatekereje gusezera uyu mwuga mu bihe bitandukanye.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo uyu mukino wari uhumuje, Vozinha yagize ati “Ndakora ubuzima bwanjye bwose kuri ibi, kuri uyu mwanya, kuri iyi nzozi. Abantu benshi bo mu bihe byashize (barotaga) uyu munsi ariko ntibabigeraho. None inzozi zirasohoye.”

Yavuze uburyo umunyeyi we [nyina] atabashije kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America kureba ikipe y’Igihugu cyabo, kubera kubura amikoro yo kubona visa.

Yagize ati “Nanone, mama ntiyashoboye kuba hano kubera visa. Amafaranga ya visa, ntitwabashije kuyabonera ku gihe, kandi ndifuza ko aba hano.”

Ubutwari bwe bwanatumye abantu benshi bamukurikira kuri interineti. Vozinha yari afite abamukurikira kuri Instagram batageze ku bihumbi 45 mbere y’umukino. Ubwo yagaragaraga aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino, abamukurikiraga bari bamaze kugera kuri miliyoni 1.5, nyuma baza kugera kuri miliyoni 5.2 ubwo abakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku isi bishimiraga uko yitwaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

Related Posts

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

by radiotv10
15/06/2026
0

Ikipe ya Police FC yafashe umwanzuro wo gutandukana n’uwari umutoza wayo Ben Moussa ukomoka muri Tunisia nyuma yo kutagera ku...

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

Mu birori mbonekarimwe RSSB Tigers yasabanye n’Abanyakigali mu kwishimira igikombe cy’amateka yegukanye

by radiotv10
14/06/2026
0

Ikipe ya Basketball RSSB Tigers iherutse kwegukana Igikombe mu irushanwa Nyafuruika BAL (Basketball Africa League) yagiranye ubusabane n’Abaturarwanda bayishyigikiye ubwo...

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

by radiotv10
12/06/2026
0

Ikipe y'Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yitabiriye Igikombe cy’Isi...

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

by radiotv10
11/06/2026
0

Imyiteguro yose yamaze kurangira muri Mexique mu gihe abakunzi b'umupira w'amaguru ku isi yose bategereje umukino wo gufungura Igikombe cy'Isi...

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

by radiotv10
10/06/2026
0

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kugura abakinnyi ku isoko, aho APR FC yasinyishije Amani Kouadio Kan Michel na Madou Zon,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.