Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo ubujura bw’amatungo n’imyaka, gutobora amazu, gutega ibico bakambura abaturage ibyabo.
Polisi ivuga ko aba bagabo bafashwe ko ku makuru yatanzwe n’abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyamagabe.
Ibi byose babikoraga bitwaje intwaro gakondo, aho kandi bafatanwe n’infunguzo zitandukanye bakoreshaga bafunguza aho bashaka kwiba, naho byanze bagacukura inzu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko abafashwe bose bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gasaka, mu gihe Ubugenzacyaha bwatangiye kubakoraho iperereza ku byaha bakekwaho. Yashimiye kandi uruhare rw’abaturage bakomeje kugaragaza mu kubungabunga umutekano.
Ati: “Polisi irashimira abaturage bakomeje gusobanukirwa ko gucunga no kubungabunga umutekano ari inshingano za buri wese, aho umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe bagamije gukumira no kurwanya ibyaha washinze imizi.”
Yakomeje anaburira abakomeje kwishora mu bikorwa by’ubujura n’ibindi byaha ko bagomba kubihagarika, kuko Polisi ifatanyije n’izindi nzego izakomeza kubakurikirana no kubashyikiriza ubutabera.
Ati: “Polisi ikomeje kuburira abo bakomeje kwijandika mu bikorwa bigayitse by’ubujura guhita babihagarika byihuse, kuko uzajya abikinisha wese azajya afatwa agashyikirizwa Ubugenzacyaha, kuko kwiba si umwuga ahubwo ni icyaha kandi gihanwa n’amategeko.”
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ivuga ko ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije kwibutsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha ku bufatanye n’izindi nzego, aho birimo gutanga umusaruro ufatika. Ikanasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe no gukorana bya hafi n’inzego z’umutekano mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha no gukomeza kubaka umutekano usesuye.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10





