• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ni bande bavugwa mu kirego Umunyamakuru Yago yamaze gushyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in Uncategorized
0
Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago Pon Dat, aremeza ko yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kivugwamo abantu batatu bose bafite amazina zwi mu myidagaduro mu Rwanda ashinja kugambirira kumwivugana.

Uyu munyamakuru Yago amaze imyaka ibiri ahungiye muri Uganda, aho yagiye abanje gutaka ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko kuri YouTube asanzwe anatambutsaho ibigano bye izwi nka Yago TV Show.

Aho agereye muri Uganda, uyu muhanzi, yakomeje gukora ibiganiro avuga ko yafashe icyemezo cyo guhunga akava mu Rwanda atari uko arwanze, ahubwo kubera impungenge z’ubuzima bwe, ngo kuko hari abantu bari bafite umugambi wo kumukura ku Isi.

Uyu muhanzi akaba n’umunyamakuru kandi yakunze kugaragaza ko gutaka kwe, abantu bakomeje kuguha inkwenene nyamara ataka kuko ababaye mu gihe hari ababifata nka wa mwana murizi udakurwa urutozi.

Yago yatangaje ko ubu yamaze gutanga ikirego muri RIB anyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga rya Internet, aho avuga ko muri icyo kirego cye, agaragaza abantu batatu bari bacuze umugambi wo kumugirira nabi.

Yagize ati “Natanze ikirego ndega abantu bagaragaye mu mugambi wo gushaka kunyica, kuko hari abatangabuhamya bavuga ko bakoreshejwe, bahawe amafaranga kugira ngo baze iwanjye batera amabuye, ndetse banaha amarozi umukozi wanjye ngo abushyire mu biryo.”

Mu kirego cya Yago, avuga ko yanatangaje ubuhamya bw’umwe mu batangabuhamya witwa Izabayo Rabani, wamwandikiye amwiseguraho akanamubwira n’umugambi wari wacuzwe

Yago avuga ko uyu mutangabuhamya yavuze ko hari abantu bari bamuhaye amafaranga kugira ngo bashyire mu bikorwa umugambi wo kumugirira nabi.

Uyu munyamakuru avuga ko ayo mafaranga yari yatanzwe Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta ndetse na Gateka Esther Brianne, uzwi cyane nka DJ Brianne.

Yago ati “Izabayo yaranyandikiye ambwira ko ari mu bantu bahawe amafaranga yo kunyica. Icyo nibaza ni impamvu bampigaga, icyo nabakoreye n’icyo bashakaga kugeraho.”

Avuga ko muri kiriya kirego cye, yasabye ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakora iperereza kuri bariya bantu batatu. Ati “Ikirego naracyohereje kandi hashize icyumweru cyoherejwe.”

Uyu munyamakuru uherutse kugaragaza ko yifuza kugaruka mu Gihugu cyamwibarutse, avuga ko na we yiteguye kuzitaba urwego rwose rwamuhamagaza mu gihe na we haba hari umuntu ufite icyo amushinja.

Muri aba bantu batatu bose bavugwa na Yago, babiri muri bo n’ubundi barafunze aho bahamijwe ibyaha bitandukanye bidafitanye isano n’ibi bashinjwa n’uyu munyamakuru.

Dj Brianne uri mu buzima busanzwe, yagiye yumvikana kenshi ko ntakibazo na kimwe azi yigeze agirana na Yago, ku buryo na we iyo yumvise ibyo amuvugaho, akeka ko yaba abiterwa na “filimi yarebye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

Related Posts

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 170 zivuye muri Libya

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 170 zivuye muri Libya

by radiotv10
18/06/2026
0

U Rwanda rwakiriye abandi bantu 173 baturutse muri Libya barimo impunzi n’abashaka ubuhungiro, batumye umubare w’abamaze kwakirwa bose kuva muri...

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

by radiotv10
13/06/2026
0

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari abakozi n’imiryango y’abakoraga mu yahoze...

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

by radiotv10
08/06/2026
0

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko hari abakobwa bashakwa bataruruza...

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

by radiotv10
03/06/2026
0

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ni bande bavugwa mu kirego Umunyamakuru Yago yamaze gushyikiriza RIB

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.