Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko iyi kipe yamaze kugirana amasezerano y’ubufatanye na Bank of Kigali (BK) azamara imyaka itanu, aho iyi banki izaba umuterankunga mukuru wayo.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Murenzi yavuze ko amasezerano yamaze gusinywa kandi ko BK ari yo izajya igaragara imbere ku mwambaro wa Rayon Sports guhera muri uyu mwaka w’imikino.
Yagize ati: “Uyu mwaka tuzakorana na BK, twasinyanye amasezerano. Mu minsi iri imbere tuzageza ku bakunzi b’umupira n’Aba-Rayons muri rusange ibisobanuro birambuye. BK ni yo tuzabona uyu mwaka imbere ku mwambaro.”
Murenzi Abdallah yanavuze ko n’ubwo BK yabaye umufatanyabikorwa mukuru mushya, Rayon Sports itatandukanye na Skol yari umuterankunga wayo mu myaka myinshi ishize.
Yagize ati: “Maze iminsi numva abantu bavuga ngo Rayon Sports na Skol byaratandukanye, ariko ni ibihuha n’ibinyoma bidafite ishingiro. Mu minsi itarenze icyumweru kimwe turavugurura amasezerano.”
Yakomeje ashimangira ko ibiganiro hagati y’impande zombi byagenze neza kandi ko Skol izakomeza kuba hafi y’iyi kipe mu buryo butandukanye.
Ati: “Skol ni umufatanyabikorwa wa Rayon Sports. Aba-Rayons bazamubona cyane mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Dufite ibikorwaremezo yatwubakiye tuzakomeza gukoreraho ndetse n’uburyo bwo kuyamamaza binyuze mu bikorwa byose bya Rayon Sports.”
Perezida wa Rayon Sports yasobanuye ko impinduka izabaho ari uko Skol itazongera kugaragara imbere ku mwambaro w’iyi kipe, kubera ko uwo mwanya uzafatwa na BK nk’umuterankunga mukuru mushya.
Yagize ati: “Ngira ngo icyo abantu bibaza kizahinduka ni uko Skol atazaba ari we mufatanyabikorwa uri imbere ku mwambaro wa Rayon Sports, bitewe n’uko twabonye undi muterankunga mukuru. Ibyo ni ibintu bisanzwe mu mupira w’amaguru.”
Yongeyeho ko impinduka z’abaterankunga ari ibintu bisanzwe mu mikorere y’amakipe y’umupira w’amaguru, ashimangira ko BK yamaze kuba umufatanyabikorwa mukuru wa Rayon Sports mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Biteganyijwe ko ubuyobozi bwa Rayon Sports buzashyira ahagaragara aya masezerano ku mugaragaro mu minsi ya vuba, bukageza ku bakunzi bayo ibisobanuro byose bijyanye n’ubu bufatanye bushya.
Aime Augustin
RADIOTV10





