• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri muri Sweden yazanye uruhinja mu nama ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
26/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri muri Sweden yazanye uruhinja mu nama ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ibidukikije muri Guverinoma ya Sweden, Romina Pourmokhtari yazanye uruhinja rw’amezi atatu mu nama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Uyu mubyeyi umaze igihe gito yibarutse, yazanye uru ruhinja rw’umwana w’umuhungu w’amezi atatu mu biganiro by’Abaminisiti bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byigaga ku mihindagurikire y’ibihe.

Uyu munyapolitiki w’imyaka 30, yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuzana uru ruhinja rwe mu nshingano, agamije kugaragaza ko umuntu ashobora gukomeza gukora izi nshingano za politiki akaba n’umubyeyi mwiza.

Yavuze ko iki gikorwa yagikoze agamije kumara impungenge abantu no kwerekana ko “ushobora Minisitiri kandi ukaba n’umubyeyi mwiza” wubahiriza inshingano za kibyeyi.

Yagize ati “Nishimiye kandi gutanga urugendo rwiza rwo kuba aka kanya ndi Minisitiri kandi nkaba n’umubyeyi, kandi ndatekereza ko hari impamvu nyinshi zo gutuma u Burayi buba ahantu heza ho kuba. Kimwe muri ibyo ni ukuba ushobora kwitabira inama, ariko nkanakomeza kwita ku ruhinja rwanjye.”

Muri iyi nama y’Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yabereye mu Gihugu cya Luxembourg, ni ku nshuro ya mbere hagaragayemo uruhinja rw’amezi atatu.

Yari yicaye akikiye uruhinja rwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seventeen =

Previous Post

Money Conversations Every Couple Should Have Before Marriage

Next Post

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

Related Posts

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

by radiotv10
25/06/2026
0

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho urengera uburenganzira bw'Abanyamulenge, watangaje ko wakubise incuro ingabo z'u Burundi n'iza Congo zashaga kwisubiza agasozi ka Ruhinamavi...

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

by radiotv10
25/06/2026
0

Perezida w'Agateganyo wa Venezuela Delcy Rodríguez, yatangaje ko imitingito yabaye muri iki Gihugu yahitanye abantu 32, mu gihe abakomeretse bagera...

AFC/M23 yavuze ibikorwa by’intambara by’ubugome ndengakamere byongeye gukorwa na Leta ya Congo

AFC/M23 yavuze ibikorwa by’intambara by’ubugome ndengakamere byongeye gukorwa na Leta ya Congo

by radiotv10
24/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uru ruhande bahangaye rukomeje gukora ibyaha by’intambara birimo...

Harumvikana bombori bombori hagati ya Kiliziya Gatulika muri Congo n’ishyaka rya Tshisekedi

Harumvikana bombori bombori hagati ya Kiliziya Gatulika muri Congo n’ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
24/06/2026
0

Ihuriro Union Sacrée rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi rirashinja Inama y’Abepisikopi Gatulika (CENCO) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umugambi wo...

Mu Gihugu cy’u Bufaransa habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola

Mu Gihugu cy’u Bufaransa habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola

by radiotv10
24/06/2026
0

Igihugu cy’u Bufaransa cyatangaje ko umuganga wari umaze gutaha avuye mu butumwa bw'ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yapimwe...

Next Post
Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw’Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

Ruhango: Abikorera bagaragarijwe ko aho ubukungu bw'Akarere bushingiye hatarashorwa imari bihagije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.