• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
30/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanakiriwemo akanagirana ibiganiro na mugenzi we Félix Tshisekedi, biravugwa ko hagiye kongerwa ibikorwa bya gisirikare muri Kivu y’Epfo byumwihariko muri Minembwe.

Ni nyuma yuko Évariste Ndayishimiye, ahuriye i Kinshasa na Tshisekedi ku ya 22 Kamena bagasuzuma uko umutekano uhagaze muri Teritwari za Fizi na Uvira, muri Kivu y’Epfo. Iyi nama yafashije gushimangira ubufatanye bwa gisirikare hagati y’Ibihugu byombi mu misozi miremire ya Minembwe, ahakomeje kubera imirwano ikomeye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Media Burundi, avuga ko aba Bakuru b’Ibihugu byombi basuzumye ibikorwa bya gisirikare byakozwe kuva muri Gashyantare 2026.

Bafashe icyemezo cyo kongerera imbaraga ingabo ziri mu mirwano, kunoza ubushobozi bw’ingabo, cyane cyane binyuze mu kugura indege zitagira abapilote, no gusuzuma uburyo bw’ubutasi kugira ngo bagabanye ibyago.

Amakuru amwe agaragaza ko hari gahunda yo gusenya ibikorwa remezo bimwe na bimwe by’ingenzi, birimo n’ikibuga cy’indege cya Minembwe, kugira ngo hagabanywe urujya n’uruza rw’indege muri aka gace k’imirwano.

Imirwano yo ku butaka na yo irackomeye. Umutwe wa Twirwaneho, ufatanyije na M23, uherutse gutangaza ko wigaruriye imijyi ya Kakenge, Ilundu, Bidegu, na Kitavi, nyuma y’intambara zikomeye bahanganye n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bazo barimo igisirikare cy’u Burundi.

Nanone kandi imiryango myinshi itari iya Leta iratangaza ingaruka zikomeye ku baturage b’abasivili. Bavuga ko ibisasu byangije ibikorwa remezo byinshi, harimo n’ishuri riri i Ilundu n’ibitaro bikuru bya Minembwe.

Inzu nyinshi z’abaturage na zo zarasenyutse, kandi abantu benshi barapfa, abandi barakomereka. Imiryango imwe na imwe inashinja imitwe yitwaje intwaro yo muri ako gace gutwika inzu zinyuranye.

Kuri uyu wa Mbere Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barimo Ingabo z’u Burundi, n’imitwe nka Wazalendo na FDLR, batwitse inzu z’abaturage mu gace ka Lumibishi muri Kivu y’Epfo, ndetse zigahiramo abaturage benshi bari bazirimo.

Igisirikare cy’u Burundi kivugwaho kugira uruhare runini mu mirwano ikomeje kubera muri Kivu y’Epfo, aho kuva Kanama 2022 kugeza mu Ukuboza 2025, u Burundi bwohereje mu burasirazuba bwa Congo abasirikare barenga ibihumbi 29, kugira ngo bafashe FARDC guhangana na AFC/M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Related Posts

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

by radiotv10
30/06/2026
0

Senateri Jim Risch muri akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye...

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
29/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rirashinja uruhande bahanganye gutwika inzu z’abaturage bo mu gace ka...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

by radiotv10
29/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko ibitangazamakuru NTV and Daily Monitor biri guhomba miliyoni...

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuyobozi Wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe kugenza ibyaha muri Afurika y’Epfo, ufite ipeti rya Major General yajyanywe ku bitaro igitaraganya...

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

by radiotv10
27/06/2026
0

Umubare w'abamaze kwitaba Imana bazize imitingito ibiri iheruka kwibasira Venezuela, ikomeje kwiyongera, aho kugeza ubu wageze ku bantu basaga 589,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.