• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, July 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

radiotv10by radiotv10
02/07/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi 25.

Uwatawe muri yombi yahawe izina rya Innocent S. nk’uko biteganywa n’amategeko y’u Budage yo kurindira umutekano ukekwaho ibyaha.

Kuri uyu wa Gatatu, Ubushishinjacyaha bw’u Budage bwatangaje ko bwataye muri yombi uyu mugabo ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside, aho we ubwe ku giti cye yagize uruhare mu ruhare rw’umuntu umwe.

U Budage bumaze gukurikirana abakekwagaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko amategeko y’iki Gihugu acyemerera gukurikirana abakoze ibyaha bikomeye byo ku rwego mpuzamahanga, aho baba barabikoreye hose.

Uyu Munyarwanda w’umugabo, yafatiwe muri Leta ya Hesse, aho akekwaho gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi 25, dore ko yari Umuyobozi Wungirije w’iyahoze ari Komini Kayove yari imwe muri Komini zari zigize iyari Perefegitura ya Gisenyi.

Ubushinjacyaha bw’u Budage bushinja kandi uyu mugabo wahawe izina rya Innocent S. kuba we ubwe yarishe umuntu umwe amuteye icyuma mu gatuza.

Ubushinjacyaha bw’iki Gihugu kandi buvuga ko uyu mugabo yagiye akora intonde z’Abatutsi bagombaga kwicwa, ndetse agashishikariza abantu gukora Jenoside yakorewe Abatutsi muri kariya gace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

Nyanza: Ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda mu gukumira ibyaha bwageze no mu banyerondo

Next Post

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Related Posts

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

by radiotv10
30/06/2026
0

Umugore wo Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, akurikiranyweho kugerageza kwica umugabo we amuhaye inzogo yashyizemo Super Glue, amuhoye...

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya umwana mu ijoro amushukishije ibisuguti

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya umwana mu ijoro amushukishije ibisuguti

by radiotv10
30/06/2026
0

Umusore w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gusanyambanya umwana...

Next Post
Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Nyuma yuko Ndayishimiye asuye Congo Perezida wa Afurika y’Epfo na we ategerejweyo

Abayobozi banyuranye mu Nteko ya Uganda batawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.