• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

radiotv10by radiotv10
03/07/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha 20 ari muri iki gikorwa cyo kwibaruka.

Uyu mugore witwa Kelsey Hatcher ufite nyababyeyi ebyiri, yabanje kwiruka umwana w’umukobwa ku wa kabiri, ku munsi ukurikiyeho wo ku wa Gatatu, abyara undi, aho yabyariye mu bitaro bya Kaminuza ya Alabama ku bitaro bya Birmingham (UAB).

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga avuga kuri iki gitangaza cyamubayeho, Hatcher yavuze ko yabyaye “abana b’agatangaza” ndetse anashimira abaganga ku kazi kadasanzwe bakoze.

Izi mpanga z’abana b’abakobwa, zizajya zizihiza isabukuru yazo mu minsi ibiri itandukanye dore ko zavutse mu minsi ibiri ikurikirana, ibintu bidasanzwe.

Hatcher yatangaje ko nyuma yo kwibaruka, yasubiye iwe “kwishimira ikihuruko” cy’umubyeyi, dore ko ngo yari ategereje kwibaruka kuri Noheli.

Hatcher n’umugabo we mu byishimo

Umwe mu baganga bo kuri biriya Bitaro bya UAB yemeje ko yaba abana bavutse ndetse n’umubyeyi wabo bameze neza, icyakora avuga ko ibi byo kubyaza umubyeyi izi mpanga zavutse mu minsi ibiri, ari ibintu “ubundi ababyaza hafi ya bose badashobora kubona mu kazi kabo.”

Uyu mubyeyi avuga ko afite imyaka 17 yamenyeshejwe ko nyababyeyi ebyiri izwi nka uterus didelphys, ndetse ibi Bitaro byamubyaje bikavuga ko iki iyi miterere y’uyu mugore idasanzwe, ari ikibazo kivukanwa, ariko ko kitabaho cyane kuko abagore bashobora kukigira babarirwa kuri 0,3%.

Mu mwaka wa 2029 muri Bangladesh hari umubyeyi na we wibarutse impanga nyuma y’ukwezi kumwe na bwo abyaye umwana utari wujuje igihe.

Uwo mugore witwa Helsey, mbere yari yasamye inda z’abana batatu bari muri nyababyeyi imwe, ku yindi nshuro aza kubwirwa ko hari undi mwana yatwitiye mu yindi nyababyeyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Next Post

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry'imiti ibiri ishobora...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

Hasobanuwe imikorere y’intwaro za rutura zamuritswe n’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/07/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi cyamuritse intwaro zikomeye mu karasisi kakozwe mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 iki Gihugu kimaze kibonye...

Next Post
Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.