• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Sunday, July 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
05/07/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rwego rwo gusoza gahunda y’ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda byo gufasha abaturage mu iterambere byakozwe muri uyu mwaka wa 2026, ndetse no kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32, mu Ntara y’Amajyepfo, mu Turere dutandukanye hafunguwe ku mugaragaro ibyo bikorwa.

Mu Karere ka Kamonyi, Perezida wa Sena, Nyakubahwa Dr. François Xavier Kalinda, ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo, Nyakubahwa Juvenal Marizamunda, hamwe n’abandi bayobozi ba Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano, abo muri Guverinoma n’abaturage, bafunguye ku mugaragaro Ishuri Ryisumbuye rya Tekinike rya Kigese riherereye mu Murenge wa Rugalika, Akarere ka Kamonyi.

Iri shuri rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 460. Rigizwe n’ibyumba by’amashuri 10, laboratwari y’amasomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga, inyubako z’ubuyobozi, icyumba cy’abakobwa, ndetse n’ibibuga by’imikino ya volleyball na basketball.

Mu Karere ka Nyamagabe ho, mu Kagari ka Nyamigina, mu Murenge wa Tare, hatashywe ku mugaragaro inzu umunani (Two in One) zubakiwe abatishoboye binyuze mu bikorwa by’ubufatanye bw’Ingabo na Polisi bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Muri Nyaruguru, ku Bitaro bya Munini, hasojwe ibikorwa byo kuvura ku buntu indwara zitandukanye byari bimaze ukwezi bikorerwa muri ibyo bitaro, aho Ingabo z’u Rwanda na Polisi bavuriye abaturage barenga 8,000.

Mu Karere ka Ruhango hatashywe ku mugaragaro ibikorwaremezo birimo ibiraro byubatswe, ikibuga cya Ruhango cyunganira icya Busanza kizajya gikoresherezwaho ibizamini by’ibinyabiziga, na kaburimbo.

Mu Karere ka Gisagara, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Remera, Umurenge wa Muganza, hatashywe amazu 10 (Two in One), ndetse urubyiruko rw’Imboni z’Impinduka rwahawe inkunga ya 5,000,000 Frw.

 

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

Related Posts

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

by radiotv10
05/07/2026
0

Umuturage wo mu murenge wa Bugarama warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 wabaga mu nzu imeze nabi yashyikirijwe inzu y’agaciro...

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
04/07/2026
0

U Rwanda rwasinyanye amasezerano na Tanzania yo gutumiza ibikomoka kuri peteroli binyuze ku cyambu cya Tanga, aje akurikira andi rwasinyanye...

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

by radiotv10
04/07/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze ibirango n’amabendera bishya by’inzego zigize RDF, butangaza ko mu byahindutse harimo ibimenyetso byambarwa...

Eng.-Rwanda Defence Force reveals new badges and symbols

Eng.-Rwanda Defence Force reveals new badges and symbols

by radiotv10
04/07/2026
0

The Rwanda Defence Force has released new badges and flags for its respective services, announcing changes that include new sleeve...

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
04/07/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ikibazo gikomeye kikibangamira iyubahirizwa ry'amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y'u Rwanda na...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Amajyepfo: Dore ibikorwa by’ingenzi by’Ingabo na Polisi byo gufasha abaturage kwizihiza Umunsi wo Kwibohora

Rusizi: Abagore bubakiye  uwarokotse jenoside wabaga mu nzu imeze nabi

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.