Ikipe ya APR FC yamaze kwandikira Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ibinyujije muri FERWAFA, isaba ko imikino ibiri izayihuza na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League 2026/27 yakinirwa ku bibuga bitabogamye (neutral venues).
Aya makuru aje nyuma y’uko tombola ya CAF ishyize APR FC imbere ya Les Aigles du Congo, ikipe iherutse kwegukana igikombe cya shampiyona muri RDC ndetse ikaba izakina iri rushanwa ku nshuro ya mbere. APR FC na yo yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda, ihita ibona itike yo guhagararira igihugu muri iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Amakuru avuga ko impamvu nyamukuru y’ubu busabe ari impungenge z’umutekano no kuba APR FC ititeguye kujya gukinira i Kinshasa muri iki gihe kubera umubano utamese neza hagati y’ibihugu byombi . Mu gihe CAF yaba yemeye ubu busabe, imikino yombi yakinirwa ku bibuga biri mu kindi gihugu, bidaha amahirwe yihariye ikipe n’imwe.
Nubwo bimeze bityo ariko, kugeza ubu CAF ntiratangaza umwanzuro wayo kuri iki cyifuzo, bityo hakaba hagitegerejwe niba izemera ko iyo mikino yimurirwa ku bibuga bitabogamye cyangwa se niba izakomeza gukinirwa nk’uko gahunda isanzwe ibiteganya.
Si ubwa mbere amakipe yo muri Afurika asabye gukinira ku bibuga bitabogamye kubera impamvu z’umutekano cyangwa izindi zidasanzwe. Mu myaka yashize, amakipe yo muri Sudan yakunze kwakirira imikino yayo mu bihugu nka Tanzania na Libya kubera intambara yari yarazahaje igihugu cyayo. Hari kandi n’amakipe yo muri Libya yakiniye imikino mpuzamahanga muri Tunisia igihe umutekano w’imbere mu gihugu wari utizewe.
CAF na yo yagiye ifata ibyemezo byo kwimura imikino igihe ibonye ko hari impamvu zikomeye zishobora gushyira mu kaga abakinnyi, abasifuzi cyangwa abafana. Ibyo bituma buri busabe busuzumwa ukwabwo hashingiwe ku makuru y’inzego zibishinzwe n’isesengura ry’umutekano.
Niba nta guhindutse Imikino ibiri iteganyijwe guhuza APR FC na Les Aigles du Congo izakinwa ku matariki ya 19 Nzeri 2026 umukino ubanza I Kinshasa ndetse n’iya 26 Nzeri 2026 umukino wo kwishyura I Kigali.
Aime Augusti
RADIOTV10