Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore mu mukino wa Volleyball, iri mu Gikombe cya Afurika muri uyu mukino; yatsinze iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, amaseti atatu ku busa.
Ni umukino wa kabiri wakinwe n’Ikipe y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Kanama 2026, aho u Rwanda rwatsinze DRC ruyirusha cyane muri iyi mikino y’Igikombe cya Afurika iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Abakobwa b’u Rwanda batsinze amaseti atatu ku busa bwa DRC, aho iseti ya Mbere rwayegukanye ku manota 25 mu gihe DRC yari ifite 17, iseti ya kabiri bwo ruyitwara rwayirushije cyane ku manota 25 kuri 15, kimwe no ku iseti ya gatatu abakobwa b’u Rwanda bayegukanye ku manota 25 kuri 16.
Ikipe y’u Rwanda kandi itsinze umukino wa kabiri wayo, dore ko n’uwo rwakinnye kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2026, rwatsinze iya Algeria.
Ni umukino na wo rwatsinze rwitwaye neza, kuko rwegukanye amaseti atatu ku busa bwa Algeria, aho iseti ya mbere rwayegukanye rutsinze amanota 25 kuri 22, iya kabiri ruyitwara rutsinze 25 kuri 20, mu gihe iya gatatu rwayitwaye rutsinze amanota 25 kuri 16.
Ikipe y’u Rwanda iragaruka mu kibuga kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2026, aho noneho ruzahura n’ikipe y’Igihugu y’u Burundi.

RADIOTV10