Ikipe y’Igihugu y’Ingimbi zitarengeje imyaka 20 kuri iki Cyumweru yerekeje muri Tanzania mu irushanwa rya CECAFA U20, rizakinwa n’amakipe icyenda, u Rwanda rurimo.
Mbere yo guhaguruka, ikipe yakinnye imikino ibiri ya gicuti na U20 ya Sudan, yombi irayikina banganya aho umwe yanganyije ibitego 2-2, mu gihe undi warangiye ari 0-0.
Umuyobozi wa Delegasiyo y’u Rwanda yagiye muri Tanzania, akaba na Komiseri Ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, Eng. Niyitanga Désire, yavuze ko urugendo rwagenze neza, nta wagiriye ikibazo mu nzira kandi abakinnyi biteguye guhangana na bagenzi babo.
Amavubi U20 acumbitse kuri Royal Village Hotel iri mu Mujyi wa Dar es Salaam, iyi kipe itozwa na Cassambungo Andre, ikaba yarakoze imyiteguro y’ibyumweru bibiri mbere yo kwerekeza muri Tanzania.
U Rwanda ruri mu Itsinda A hamwe na Tanzania na Ethiopia.
Umukino wa mbere ingimbi zacu zizawukina kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15/09/2026, kuri Uhuru Stadium na Tanzania yakiriye iri rushanwa ndetse ikaba ari na yo ifite igikombe giheruka. Umukino ukaba uteganyijwe saa moya z’ijoro za Kigali.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10