Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Umugabo wishe umugore we amutegeye mu nzira akamukata ijosi yakatiwe burundu

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Umugabo wishe umugore we amutegeye mu nzira akamukata ijosi yakatiwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo witwa Bizimana nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugore we ubwo yamukataga ijosi mu gitondo nka saa tatu mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, agahita yitaba Imana.

Icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, cyasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mutarama 2022 aho Umucamanza yahamije uyu mugabo witwa Bizimana icyaha cy’ubwicanyi.

Iki cyaha yahamijwe cyakozwe tariki ya 06 Ukuboza 2021 ubwo uyu mugabo yicaga umugore we amutangiriye mu nzira avuye kurangura, amukeba ijosi ahita yitaba Imana, abaturage bari aho muhanda bahita bamukurikira baramufata bamushyikiriza ubutabera.

Ubu bwicanyi bwanavuzwe cyane, bwabaye mu masaha ya saa tatu za mu gitondo, mu Murenge wa Nyarugunga, Akagari ka Kamashashi, Umudugudu wa Mukoni.

Amakuru avuga ko Bizimana yagiye kugura icyuma ku isoko i Kabuga agategera umugore we mu nzira avuye kurangura imineke n’inyanya akamugendaho, yabona ageze ahatari abantu benshi akamuturuka inyuma akamukeba ijosi.

Abari hafi aho bahise batabara, bagerageza gufasha uwari amaze gukebwa ijosi ariko biranga ahita yitaba Imana.

Ubwo ibi byamaraga kuba, abo baturage bahise bashakisha uyu mugabo wari umaze gukora icyo cyaha, bamufatira mu gishanga aho yari yihishe mu bigori, ahita ashyikirizwa ubuyobozi.

Akimara gufatwa, yemeye icyaha, akavuga ko yishe umugore we amujijije amafaranga ye Ibihumbi 500 Frw yatwaye ariko ntagaragaza aho ayo mafaranga yari yavuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 13 =

Previous Post

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Next Post

IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali
MU RWANDA

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

14/04/2026
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.