• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Bamporiki yahishuye ko yari umunyezamu utinjizwa igitego, avuga uburyo yihebeye APR n’icyatuma afana Rayon

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in SIPORO
0
Bamporiki yahishuye ko yari umunyezamu utinjizwa igitego, avuga uburyo yihebeye APR n’icyatuma afana Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki yahishuye ko yakuze akunda umupira w’amaguru ndetse n’uburyo yawukinaga ari umunyezamu, n’ubu akaba akiwukunda kuko afana APR FC ariko ngo Rayon biragoye kuyifana keretse yakinnye n’indi yo mu mahanga.

Mu nteguza y’ikiganiro kizatambuka ku Television Rwanda, Bamporiki yasobanuye ko yakuze akunda umupira w’amaguru aho yakinaga ari Umunyezamu.

Muri iyi nteguza y’amashusho agaragaza Bamporiki ari gukina umupira n’Umunyamakuru wa RBA, aho aba ari mu izamu akuramo imipira iterwa n’uyu Munyamakuru.

Bamporiki yagaragaje ko kurinda izamu atari bishya kuri we

Bamporiki kandi aganira n’umunyamakuru agira ati “Niga mu mashuri yisumbuye nari Umunyezamu utari mubi. Dusoza amashuri abanza twigeze gukina noneho turanganya dutera Penaliti zose ndazifata uko ari eshanu.”

Muri aka gace k’ikiganiro, Umunyamakuru abaza Bamporiki impamvu atamubona kuri stade yaje kureba imipira, agahita atungurwa, akamubwi ko imikino myinshi ya APR FC idashobora kumucika.

Umunyamakuru amubaza niba ari umufana wa APR, Bamporiki akamusubiza agira ati “Bitarabaho.” Gusa akavuga ko atemeranya n’ubuyobozi bw’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yo kudakinisha abanyamahanga.

Avuga ko we adashobora guhisha ko ari umufana wa APR kubera umwanya w’icyubahiro arimo. Ati “Ugafana nk’ikipe ariko kubera ko uri Umudepite cyangwa uri mayor ukabihisha, njye ntabwo nabishobora.”

Avuga ko uretse gufana APR ariko indi kipe yose yo mu Rwanda yakinnye n’indi yo mu mahanga, ayifana ariko “urumva nka Rayon yakinnye sinapfa kuyifana mu Rwanda ariko yakinnye n’amahanga nabaha n’inkunga nyifite.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi ab’i Gicumbi baturiye Uganda

Next Post

Umukecuru yishimiye umukobwa we umuhesheje ishema urangije kaminuza aramuterarura amushyira mu bicu

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umukecuru yishimiye umukobwa we umuhesheje ishema urangije kaminuza aramuterarura amushyira mu bicu

Umukecuru yishimiye umukobwa we umuhesheje ishema urangije kaminuza aramuterarura amushyira mu bicu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.