Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukobwa ufite ubumuga bw’ingingo yaje muri Miss Rwanda ntiyagira amahirwe yo gukomeza

radiotv10by radiotv10
07/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umukobwa ufite ubumuga bw’ingingo yaje muri Miss Rwanda ntiyagira amahirwe yo gukomeza
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitonze Ruth ufite ubumuga bw’ingingo, ni umwe mu bakobwa baje kugerageza amahirwe mu ijonjora ry’abifuza kuzahagararira Intara y’Iburasirazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda, gusa ntiyagize amahirwe yo kuza mu bazayihagarararira.

Kuri iki cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022, ijonjora ry’abazahagararira Intara n’Umujyi wa Kigali mu irushanwa rya Miss Rwanda, ryari ryakomereje mu Ntara y’Iburasirazuba ahari hiyandikishije abakobwa 98.

Mu bakobwa 78 bitabiriye iki gikorwa, hatoranyijwemo 76 banyuze imbere y’akanama Nkemurampaka bavuga imishinga yabo.

Muri aba, harimo Uwitonze Ruth wari ufite nimero 63 wanyuze imbere y’akanama nkemurampaka akavuga ibyo yifuza kuzakora mu gihe yazaba agize amahirwe yo kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022.

Ruth yavuz ko yifuza kuvuganira abana bafite ubumuga

Uwitonze Ruth yavuze ko yifuza kuzafasha abana bafite ubumuga bakomeje guhura n’imbogamizi mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Yavuze ko mu gihe yaba abaye Miss Rwanda yakoresha uru rubuga akorera ubuvugizi aba bana bafite ubumuga kuko hari amahirwe badahabwa kandi ko nk’umuntu ufite ubumuga abizi neza.

Yavuze ko kandi yazakangurira abafite ubumuga kwitinyuka, ubundi bakabyaza umusaruro amahirwe bahawe kugira ngo na bo babashe kwisanga mu muryango mugari.

Gusa Uwitonze Ruth ntiyaje mu bakobwa 14 bakomeje mu cyiciro cyo kuzahagararira Intara y’Iburasirazuba muri Miss Rwanda 2022.

Mu ijonjora ryo mu Ntara y’Amajyepfo, nab wo hajemo umukobwa ufite ubumuga; ari we Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, we wanagize amahirwe yo gukomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Nyamasheke: Ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri yakoze impanuka ihitana umwe inangiza Camera ya Polisi

Next Post

Senegal: Perezida yasubitse urugendo rukomeye kugira ngo yakire ikipe yegukanye CAN anashyiraho Konji y’ibyishimo

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Perezida yasubitse urugendo rukomeye kugira ngo yakire ikipe yegukanye CAN anashyiraho Konji y’ibyishimo

Senegal: Perezida yasubitse urugendo rukomeye kugira ngo yakire ikipe yegukanye CAN anashyiraho Konji y’ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.