• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi gitangazamakuru gikorera mu Rwanda.

Sylivanus Karemera, ni umwe mu bakozi 12 bari birukanywe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA mu kwezi k’Ugushyingo 2024.

Uyu wahoze ari Umwanditsi Mukuru (Chief Editor) wari umaze igihe adakora itangazamakuru, yagizwe Umuyobozi wa KT Radio, akazatangira inshingano ze tariki 01 Gashyantare 2026.

Ubuyobozi bwa Kigali Today ibarizwamo n’iyi Radio, mu itangazo bwashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Mutarama, bwatangaje ko “Bwishimiye gutangaza ishyirwaho rya Sylivanus Karemera nk’Umuyobozi Mushya wa KT Radio 96.7 FM.”

Ubuyobozi bw’iki Gitangazamakuru bukomeza bugira buti “Imyaka irenga 18 y’uburambe mu itangazamakuru ry’isakazamajwi n’amashusho, Karemera azanye ubuhanga bwe, mu guhanga ibiganiro, gukurura abadukurikira ndetse n’ubuhanga mu itumanaho.”

Ubuyobozi bwa Kigali Today, bugakomeza buvuga ko “Twishimiye kumwakira. Ku bw’imiyoborere ye, KT Radio izarushaho kugira imbaraga mu ruhare rwayo” mu biganiro binyuranye, birimo amakuru, ndetse n’imyidagaduro.

Sylivanus Karemera azwi cyane mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru yakoreye imyaka irenga 10, byumwihariko mu ishami ry’amakuru, akaba anazwi mu biganiro by’ururimi rw’Ikiswahili.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ubwo mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru hakorwaga amavugurura, ni umwe mu bakozi 12 birukanywe, bari biganjemo abari mu myanya y’ubuyobozi.

Karemera yahoze ari mu buyobozi bwa RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Next Post

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.