• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y’ibihumbi 50 Frw nyuma yo gusanga benga inzoga zitemewe zizwi nk’Igikwangari, banasanganywe litiro 780 zazo.

Aba bantu bombi bafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Mutarama 2026, Mu Kagari ka Mpanda, Umurenge wa Byimana, mu Karere ka Ruhango, ni umugabo w’imyaka 56 n’umugore w’imyaka 65.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko nyuma yo gufata izi nzoga zitemewe, uru rwego ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, bayimeneye mu ruhame.

Abafashwe bombi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byimana, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangiye kubakurikirana, iperereza rikaba rikomeje.

CIP Hassan Kamanzi yagize ati “Polisi ikomeje kwibutsa abaturage kwirinda gutanga no kwakira ruswa ndetse n’ibiyobyabwenge, kuko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.”

Polisi kandi ikomeje kuburira buri wese kwirinda kwenga, gucuruza no kunywa igikwangari, kuko byangiza ubuzima bw’Abanyarwanda.

Agakomeza agira ati “By’umwihariko, Polisi ishimira abaturage bakomeje kwimakaza ihame ryo gutanga amakuru ku gihe kandi vuba, hagamijwe gukumira ibyaha. Ibi bigaragaza ko kubungabunga umutekano byabaye inshingano ya buri wese.”

Yavuze kandi ko uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo rwongera kwihanangiriza abakomeje kugira imyitwarire mibi igamije gukora ibyaha bihungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage, ko babireka burundu, kuko nta na rimwe Polisi izigera yihanganira uwo ari we wese ubyijandikamo; azajya afatwa ashyikirizwe ubugenzacyaha, amategeko yubahirizwe.

Abafashwe bahise batabwa muri yombi
Basanganywe litiro zirenga 700 z’iyi nzoga yitwa Igikwangari
Yamenewe mu ruhame kuko byagaragaraga ko ishobora kugira ingaruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Next Post

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, 'Ikinyarwanda'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.