Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in Uncategorized
0
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abahoze mu buyobozi bw’Itorero rya ADEPR, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ibyo burega Niyitanga Salton ushinjwa kunyereza Miliyoni 42 Frw arimo ayo bikekwa ko yahawe Abanyamakuru.

Niyitanga Salton wari umuyobozi ushinzwe ivugabutumwa muri ADEPR na bagenzi be bongeye kuburana ubujurire kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022 mu rukiko rukuru.

Abantu 12 barimo abahoze ari abayobozi mu Itorero rya ADEPR, bari babanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rugira abere bamwe muri bo, bituma ubushinjacyaha bujurira.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, Niyitanga Salton wari wunganiwe na Me Emmanuel Nsengiyumva, yahereweho n’Ubushinjacyaha mu gusobanurira Urukiko impamvu bwamujuririye.

Ubushinjacyaha burega Niyitanga Salton kunyereza Miliyoni 42 Frw, bwavuze aya mafaranga yayanyereje mu bihe binyuranye arimo miliyoni 6 Frw yabikuje kuri konti ya ADEPR akoresheje inyandiko mpimbano ndetse mu ibazwa akaba yarananiwe gusobanura irengero ryayo.

Gusa ngo yavuze ko yayahaye ibitangazamakuru mu rwego rwo kogeza ubutumwa mu gihe Abanyamakuru yavuze ko yayahaye bose babihakanye.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku Banyamakuru batandatu bahawe ayo mafaranga, barimo uwahawe Miliyoni 2 Frw mu gihe harimo n’uwahawe 100.000Frw.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bwabazaga abo Banyamakuru, bose babiteye utwatsi.

Niyitanga Salton waburanye ahakana ibyaha, yabwiye Urukiko ko ibyo ashinjwa n’Ubushinjacyaha byose bidafitiwe ibimenyetso, yewe ko nta n’ubugenzuzi yakorewe ngo bwemeze ko yanyereje ayo mafaranga.

Ku bijyanye na Miliyoni 6 Frw yavuze ko zahawe Abanyamakuru, Niyitanga yavuze ko nk’umuntu wari ushinzwe ivugabutumwa, atari kubura kwifashisha Itangazamakuru kandi ko ritari gukorera Ubuntu.

Avuga ko amafaranga yakoreshejwe mu kugeza ubutumwa kure hifashishijwe itangazamakuru, nta handi yari kuva atari mu mutungo wa ADEPR.

Niyitanga Salton wavuze ko amafaranga yose ashinjwa kunyereza, yayahabwaga n’ubuyobozo bwa ADEPR, yasabye Urukiko Rukuru kuzamugira umwere nk’uko byakozwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuko ibyo ashinjwa byose bihabanye n’ukuri.

Uru rubanza rw’ubujurire rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 3 =

Previous Post

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

Next Post

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.