Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urukiko rukomeye kurusha izindi mu Rwanda rurashinjwa kurangarana uwo rurimo Miliyoni 32Frw

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in Uncategorized
0
Urukiko rukomeye kurusha izindi mu Rwanda rurashinjwa kurangarana uwo rurimo Miliyoni 32Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite Kompanyi y’ubucuruzi, aravuga ko Urukiko rw’Ikirenga [ni rwo rukomeye kurusha izindi zose] rwatinze kumwishyura Miliyoni 32 Frw rumubereyemo none bikaba biri kumugiraho ingaruka.

Uyu rwiyemezamirimo witwa Ntihinyuka Elie usanzwe afite Kompanyi y’ubucuruzi bwa rido yitwa ‘Modern Cuttern Shop’ avuga ko asanzwe akorana n’inkiko mu gushyira amarido mu nyubako zazo.

Avuga ko ari we washyize amarido mu nyubako y’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka rufite icyicaro i Nyanza ndetse n’Urukiko rw’ubucurizi ruri i Nyamirambo.

Gusa akavuga ko izi nkiko zo zamwishyuye neza kuko nyuma y’iminsi itatu amaze gukora akazi yahise yishyurwa.

Yabwiye Ikinyamakuru Umuseke dukesha aya makuru, ko yanatsindiye isoko mu Rukiko rw’Ikirenga mu mwaka ushize wa 2021 ryo gushyira amarido mu nyubako yarwo ariko ko kugeza n’ubu rutaramwishyura.

Inyubako nshya ikoreramo Urukiko rw’Ikirenga

Ntihinyuka Elie uvuga ko yatanze inyemezabwishyu mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2021, avuga ko yakomeje gusiragira asaba Uru Rukiko runafite mu nshingano kurinda Itegeko Nshinga, kumwishyura ariko ntirwamwumva.

Icyakora ngo bamubwira ko inzira zo kumwishyura zageze muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ariko ko kuva babimubwira n’ubundi ntacyahindutse.

Yagieze ati “Kugeza ubu ayo mafaranga sindayabona kuri konti yanjye.Ubuyobozi bw’urukiko rw’ikirenga rero ni rwo rwagakwiye kubaza aho muri MINECOFIN nkaba nakwishyurwa amafaranga nakoreye.”

Avuga ko ibi byamugizeho ingaruka kuko iyo umuntu afite ideni rya banki aba agomba gutanga imisoro muri RRA bikaba bikomeje gutuma akererwa ari na ko ibihano byiyongera.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Mutabazi Harrison yavuze ko iki kibazo atakizi icyakora agasaba uyu rwiyemezamirimo akwiye kwegera abashinzwe ibyo kwishyura mu buyobozi bw’Urukiko rw’Ikirenga kugira ngo bamukemurire ikibazo.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Uherutse gufungurwa ku mbabazi za Perezida yasanze Gitifu ku Kagari n’umuhoro ashaka kumutema

Next Post

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.