• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in Uncategorized
0
Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bari mu byishimo byo kwakira Perezida Paul Kagame uyu munsi witabira Inana ya gatandatu ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Perezida Kagame wamaze kugera i Bruxelles, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis.

Abanyarwanda baturutse mu bice binyuranye byo mu Gihugu cy’u Burayi gisanzwe kinabamo Abanyarwanda benshi, bavuga ko bishimiye kuba Umukuru w’Igihugu cyabo aje mu Gihugu babamo.

Amafoto akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda babukereye, bafite ibyapa ndetse banambaye inyenda ishyigikira Perezida Kagame kubera ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda baba abari mu Rwanda ndetse n’ababa mu mahanga bakomeje kugira ijambo.

Iki gikorwa cyo kwakira Perezida Kagame, cyatangiye gutegurwa muri iki cyumweru na Diyasipora Nyarwanda yo mu Bubiligi aho mu gitonco cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2021 bazindukiye kuri Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi kugira ngo bahahurire.

Amakuru aturuka mu Bubiligi, avuga ko bamaze kwitegura, babanje kwisuzumisha COVID-19 ubundi bakurira imodoka ziberecyeza aho baza gukorera igikorwa cyabo gushyigikira Perezida Paul Kagame.

Amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda bari muri Bus, baririmba indirimbo zivuga ibyiza by’u Rwanda, bafite molare.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame, irahuriza hamwe abayobozi muri za Guverinoma z’ibihugu bigize iyi miryango (EU na AU) bagirane ibiganiro bigamije kongerera ingufu imikoranire y’Umugabane w’u Burayi n’uwa Afurika.

Muri iri huriro kandi, biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byo muri iyi miryango baza kugirana ibiganiro biza kuba binarimo impuguke mu nzego zinyuranye, binateganyijwe uyu munsi ubwo iri huriro riza kuba rifunguwe.

Ibi biganiro biribanda ku ngingo zinyuranye zirimo; amahoro, umutekano n’imiyoborere myiza ndetse n’ibijyanye n’ubuzima n’ibyo gukora inkingo.

Nanone kandi ibi biganiro bizagaruka ku bijyanye no kuzamura umukungu, ubuhinzi, iterambere rirambye, uburezi ndetse n’imihindagurikire y’ibihe.

Biteganyijwe ko kandi Perezida Kagame azanabonana n’Umwami w’u Bubiligi, Philippe.

Perezida Kagame i Bruxelles yahuye na Minisitiri w’iIntebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis
Bagiranye ibiganiro
Bishimiye kwakira Perezida Kagame

Bavuga ko bafite byinshi bashimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Next Post

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.