Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in Uncategorized
0
Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bari mu byishimo byo kwakira Perezida Paul Kagame uyu munsi witabira Inana ya gatandatu ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Perezida Kagame wamaze kugera i Bruxelles, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis.

Abanyarwanda baturutse mu bice binyuranye byo mu Gihugu cy’u Burayi gisanzwe kinabamo Abanyarwanda benshi, bavuga ko bishimiye kuba Umukuru w’Igihugu cyabo aje mu Gihugu babamo.

Amafoto akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda babukereye, bafite ibyapa ndetse banambaye inyenda ishyigikira Perezida Kagame kubera ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda baba abari mu Rwanda ndetse n’ababa mu mahanga bakomeje kugira ijambo.

Iki gikorwa cyo kwakira Perezida Kagame, cyatangiye gutegurwa muri iki cyumweru na Diyasipora Nyarwanda yo mu Bubiligi aho mu gitonco cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2021 bazindukiye kuri Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi kugira ngo bahahurire.

Amakuru aturuka mu Bubiligi, avuga ko bamaze kwitegura, babanje kwisuzumisha COVID-19 ubundi bakurira imodoka ziberecyeza aho baza gukorera igikorwa cyabo gushyigikira Perezida Paul Kagame.

Amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda bari muri Bus, baririmba indirimbo zivuga ibyiza by’u Rwanda, bafite molare.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame, irahuriza hamwe abayobozi muri za Guverinoma z’ibihugu bigize iyi miryango (EU na AU) bagirane ibiganiro bigamije kongerera ingufu imikoranire y’Umugabane w’u Burayi n’uwa Afurika.

Muri iri huriro kandi, biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byo muri iyi miryango baza kugirana ibiganiro biza kuba binarimo impuguke mu nzego zinyuranye, binateganyijwe uyu munsi ubwo iri huriro riza kuba rifunguwe.

Ibi biganiro biribanda ku ngingo zinyuranye zirimo; amahoro, umutekano n’imiyoborere myiza ndetse n’ibijyanye n’ubuzima n’ibyo gukora inkingo.

Nanone kandi ibi biganiro bizagaruka ku bijyanye no kuzamura umukungu, ubuhinzi, iterambere rirambye, uburezi ndetse n’imihindagurikire y’ibihe.

Biteganyijwe ko kandi Perezida Kagame azanabonana n’Umwami w’u Bubiligi, Philippe.

Perezida Kagame i Bruxelles yahuye na Minisitiri w’iIntebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis
Bagiranye ibiganiro
Bishimiye kwakira Perezida Kagame

Bavuga ko bafite byinshi bashimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Next Post

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda
FOOTBALL

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
13/06/2025
0

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

12/06/2025
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.